Friday . 19 April 2024

INKURU ZIGEZWEHO

  • 19 April » Minisitiri Muyaya yikomye MONUSCO ayishinja kuba ikibazo ku mutekano wa Congo – read more
  • 19 April » Minisitiri w’Intebe yatangaje amavugurura muri Kaminuza y’u Rwanda – read more
  • 19 April » Rubavu: Babuze umugezi utunganyije none bavoma amazi arimo inzoka – read more
  • 18 April » Rulindo: Kutagira ibagiro bitiza umurindi kurya inyama zabagiwe mu rutoki – read more
  • 17 April » Rulindo: Kompanyi yakoze umuhanda Base-Gicumbi yasize abaturage mu manegeka akarere ntikabimenya – read more

Boris Johnson yavuze ko u Bwongereza butavangura abantu ku ruhu

Wednesday 10 June 2020
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, avuga ko adatekereza ko u Bwongereza bwaba ari igihugu kivangura abantu gishingiye ku ruhu, gusa avuga ko hari ibigikeneye gukorwa mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ubusumbane.

Umuvugizi w’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe yagize ati “Minisitiri w’Intebe ntashidikanya ko hazakomeza kubaho ivangura n’ubusumbane, ariko ntiyemera ko iki gihugu kivangura abantu gishingiye ku ruhu.

Hari intambwe ikomeye twateye kuri iki kibazo, gusa hari ibigikeneye kunozwa”.

Icyo kibazo cyavuzweho nyuma y’uko habayeho imyigaragambyo yiswe ‘Black Lives Matter protest’ ibera i Londres, igamije kumvikanisha ko ubuzima bw’abirabura na bwo bufite agaciro.

Ni imyigaragamyo yatangiye nyuma y’urupfu w’umwirabura George Floyd wishwe n’umupolisi w’umuzungu muri Leta zunze ubumwe za Amerika.

Mu Bwongereza bamwe bigaragambyaga mu rwego rwo kwifatanya n’abagiragambyaga barwanya ivangura rishingiye ku ruhu muri Amerika, ariko hari abagiye mu mihanda mu Bwongereza bavuga ko bamagana ubusumbane bushingiye ku ruhu.

Itsinda rimwe mu bigaragambyaga aho mu Bwongereza, ryashyamiranye na Polisi ku Cyumweru tariki 7 Kamena ndetse abapolisi 35 barakomereka.

Ahitwa Bristol, itsinda ry’abigaragambya ryaranduye ishusho ibumbye (Statue) y’umugabo witwa Edward Colston wahoze acuruza abacakara bayita mu mugezi.

Polisi ntiyahageze ku gihe yasanze iyo shusho yamaze gutabwa mu mugezi, ariko abagera kuri 36 bari muri icyo gikorwa bamaze gutabwa muri yombi kugira ngo bahanirwe ibyo bakoze.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson yavuze ko hari abakurikiye abantu basanzwe barangwa n’imyitwarire mibi yo gukora ibyaha bikomeye, ariko bazabihanirwa.

Ku cyumweru ku gicamunsi, Minisitiri Boris Johnson yanditse kuri twitter, ati “Abantu bafite uburengazira bwo kwigaragambya mu mahoro, bubahiriza ibwiriza ryo gusiga intera hagati yabo, ariko nta burenganzira bafite bwo kurwanya Polisi.

Umuvugizi w’Ibiro bya Minsistri w’Intebe yavuze ko abantu bo muri Bristol bashobora gusaba ko iyo shusho ibumbye ivanwaho ariko ibyabaye ku cyumweru ngo ni ibyaha bihanwa n’amategeko.

Ntabwo byemewe ko abantu bica amageteko ahana ibyaha, kandi Polisi izahana ababigizemo uruhare bose”.

Umuvugizi w’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yongeraho ko Minisitiri w’Intebe ashyigikiye Polisi mu guhana umuntu wese wagaragaje imyitwarire mibi muri icyo gihe cyo kwigaragambya.

Yagize ati “Ni ibintu bitakwihanganirwa rwose, Polisi ntikwiye kurwanywa n’abaturage nka kuriya byagenze mu mpera z’iki cyumweru”.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru