Monday . 30 June 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 June » AMAVUBI ASOJE IMIKINO YA GICUTI NTA GITEGO YINJIJE. – read more
  • 9 June » URUNTURUNTU I BURAYI, NINDE UKWIYE UMUPIRA WA ZAHABU? – read more
  • 6 June » IKIPE Y’IGIHUGU AMAVUBI YAHEREWE ISOMO RYA RUHAGO MURI ALGERIA – read more
  • 5 June » U Rwanda rwakiriye Inama Mpuzamahanga ku Burezi Bushingiye ku Bumenyingiro, Intambwe Ikomeye mu Guhindura Ubukungu bwa Afurika. – read more
  • 5 June » Rubavu: Urubyiruko rurakangurirwa kubyaza amahirwe ruhabwa – read more

Perezida Kagame, Juncker na Chancelier Kurz bahuje urugwiro

Wednesday 19 December 2018
    Yasomwe na

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri yitabiriye Ihuriro rya Afurika n’u Burayi ryabereye mu mujyi wa Vienne muri Autriche.

Ni inama yitabiriwe n’abasaga igihumbi barimo abayobozi, abikorera ku giti cyabo haba muri Afurika n’i Burayi ndetse n’abahanga udushya.

Haganiriwe ku bintu bitandukanye birimo ishoramari n’ubufatanye bushobora gukomeza guhuza Afurika n’u Burayi, kugira ngo iyi migabane ikomeze kugana ku iterambere ntawe usigaye inyuma.

Amagambo Perezida Kagame yavuze ubwo yaganiraga n’abanyamakuru muri iri huriro, yigaragaza neza ku ifoto yafashwe ari kumwe na Perezida w’Ubumwe bw’u Burayi, Jean Claude Juncker na Chancelier wa Autriche, Sebastian Kurz.

Iyo foto igaragaza Kagame yicaye hagati ya Juncker na Kurz, abo babiri bamufashe ku rutugu, baganira baseka bigaragara ko batwawe bose.

Bishimangira ibyo yabwiye abanyamakuru ko Afurika n’u Burayi bikwiriye gukorana mu bwubahane, hatabayeho gufata Afurika nk’umugabane w’ibibazo cyangwa utishoboye ukeneye kugirirwa impuhwe ahubwo bagakorana buri mugabane ugamije inyungu zihuriweho.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru