Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Nyuma y’amezi ane arengaho iminsi, Nyampinga w’u Rwanda 2022, Nshuti Muheto Divine yashyikirijwe imodoka yari yaremerewe nk’igihembo gikuru ku wegukanye iri kamba ry’ubwiza.
Nubwo yategereje iyi modoka igihe kitari gito kuko hashize amezi atari make yegukanye iri kamba rya Nyampinga w’u Rwanda. Gusa ngo nubwo imodoka yatanzwe ibindi bihembo byo ntibiratangwa ngo baracyarimo gukemura ibibazo byabaye muri irir rushanwa uyu mwaka.
Iyi modoka yo mu bwoko bwa Hyundai Venue yayishyikirijwe n’Inteko y’Umuco cyane ko ari yo ifite inshingano ibyo gukurikirana imigendekere y’iri rushanwa nyuma y’aho ryamburiwe Rwanda Inspiration Back Up.
Ni imodoka yatanzwe na Hyundai, icyakora yatinze gushyikirizwa uyu mukobwa bitewe n’ibibazo byari bimaze igihe bivugwa mu irushanwa rya Miss Rwanda.
Uretse iyi modoka yatanzwe, ibindi bihembo uyu mukobwa yagenewe kimwe n’ibyagenewe abandi begukanye amakamba ntabwo haramenyekana igihe bizatangirwa nubwo Inteko y’Umuco yo idahwema kuvuga ko bari gukemura ibibazo byose iri rushanwa ryari rifite.
Imitangire y’ibihembo by’abegukanye amakamba muri Miss Rwanda 2022 yajemo urujijo, guhera ubwo Ishimwe Dieudonné ukuriye itsinda ryateguraga iri rushanwa yari amaze gufungwa ashinjwa guhohotera abakobwa bitabiriye iri rushanwa mu bihe bitandukanye.
Nyuma yo kwamburwa irushanwa ndetse Umuyobozi wa Rwanda Inspiration Back Up agatabwa muri yombi, irushanwa ryahawe Inteko y’Umuco inasabwa gukurikirana ibikorwa byose byaryo.