Sunday . 6 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 4 July » Burera:Hari akagari kamaze igihe katagira ibendera ry’Igihugu – read more
  • 4 July » Nyabihu: Bavuga ko kubura amazi bituma hari abanywa amazi yo mu bigega bikozwe muri za shitingi – read more
  • 3 July » Burera:Basabwe kuzafata neza ibikorwa bahawe n’Ingabo na Polisi bafatanyije n’iza EAC – read more
  • 3 July » MU KARERE KA NYAGATARE HATASHYWE INZU 16 ZUBAKIWE ABATURAGE BATISHOBOYE. – read more
  • 3 July » Diogo Jota wakiniraga Liverpool yitabye Imana. – read more

Burera:Hari akagari kamaze igihe katagira ibendera ry’Igihugu

Friday 4 July 2025
    Yasomwe na

Hari bamwe mu baturage batuye mu kagari ka Gasiza Umurenge wa Cyanika w’Akarere ka Burera bibaza impamvu ibiro by’Akagari bimaze igihe nta kirango cy’Igihugu(Ibendera

bi babibwiye umunyamakuru wa Mamaurwagsabo tv ubwo yarageze mu murenge wa Cyanika w’Akarere ka Burera ku biro by’aka kagari.


Ibendera ryari ku kagali ryibwe n’utaramenyekana.

Twizerimana ni umwe mu baturage twahasanze yaje gushaka serivisi yagize ati”Ubundi ibiro by’Akagari bigomba kugira ibendera ry’Igihugu Ubuse twakwizera gute ko serivisi zitangirwamo arı iza Leta, mutuvuganire batuzanire idarapo kandi maze iminsi mbona hashinze igiti gusa.”



Undi muturage yagize ati”ahatangirwa serivisi z’Igihugu hagakwiye kuba idarapo Sinzi impamvu hano ridahari ubwo mwaza kubaza abayobozi bakavuga aho ryagiye njye kunda kuba nagiye ntambuka nigendera simbyiteho, ariko nkuko namwe murimo kubibona nta bendera rihari”

Kuri iki kibazo Umuyobozi w’Akarere ka Burera Mukamana Soline yavuze ko agiye kubikurikira akabaza aho barishyize.

Ati”Murakoze ku makuru muduhaye ngiye kubikurikirana menye aho iryo bendera ry’Igihugu riri.”


Umuyobozi w’akarere ka Burera yavuze ko bagiye kubikurikirana.

Ubusanzwe inyubako zoze zitangirwamo serivisi zitandukanye by’umwihariko iza Leta zigomba kuba zifite ibendera ry’Igihugu.

Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru