Friday . 11 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 11 July » Nyabihu: Bavuga ko bakwa amafaranga ya ruswa yo gukaza insinga ngo babone guhabwa umuriro – read more
  • 11 July » Musanze :Umuturage aratabaza nyuma yo guterezwa imitungo agasigara asembera – read more
  • 9 July » Rubavu: Bagaragaza ko babuze ayo bacira nayo bamira nyuma y’umwaka hafi n’igice batwawe ibyangombwa by’ubutaka, ntibishyurwe – read more
  • 8 July » Rubavu: Hari umuturage ukomeje kubuzwa amahwemo ubuyobozi burebera – read more
  • 8 July » Burera: Bahangayikishijwe no kutagira amazi meza – read more

Nyabihu: Bavuga ko bakwa amafaranga ya ruswa yo gukaza insinga ngo babone guhabwa umuriro

Friday 11 July 2025
    Yasomwe na

Hari bamwe mu baturage batuye mu Mudugudu wa Rwankuba, mu Kagari ka Kora mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko bajya bakwa amafaranga na bamwe mu batekinisiye ba REG, bita ayo gukaza insinga, kugirango bagezweho umuriro w’amashanyarazi.

Bagasaba kurenganurwa kuko basanga ari nka ruswa baba bakwa kuko iyi serivisi yo kugezwaho umuriro bakayiboneye ubuntu. Ibi kandi bigarukwaho na Ntirenganya Théoneste, akaba ari umwe muri bano baturage bagaragaza kino kibazo.

Aho agira ati " Abatekinisiye baraza bamara kuza, insinga ntibazikaze neza, wabahamagara bakazikaza, bakaguca amafaranga noneho umuriro ukawubona, kuko batanze umuriro muri macye, bamwe barawubona abandi ntibawubona, ubwo rero ni ikibazo gikomeye kuba bamwe bacana abandi ntibacane."

Uyu muturage akomeza agira ati " Ubwo noneho twareba abantu hafite icyo kibazo bakavuga ngo bari kujya bahamagara abatekinisiye, kugirango yongere yurire babone umuriro muri konteri, bakabasha kubaca amafaranga, ibyo bintu ntabwo ari byiza, ntabwo byemewe kandi bahembwa ku kwezi, ni aba REG, ubwo ni ruswa, urumva niba bahembwa ku kwezi urumva ntabwo ari umushahara wabo, kandi no ku kwezi barahembwa".


Bifuza ko n’abandi batarabona amashanyarazi bayahabwa.

Aba baturage bavuga kandi ko bamwe bafite umuriro ariko abandi bakaba ntawo bafite, hakaba nabawufite ariko bigaragara ko ngo udahagije.

Basaba ko bagezwaho umuriro, nabo bakawukoresha mu kuzamura imibereho yabo, nkuko bishimangirwa na Ayirwanda Claire ndetse na Muhawenimana, nabo akaba ari abandi baturage bagaraza ikibazo cy’ibura ry’umuriro aha hantu.


Muhawenimana ahamya ko bamwe babonye umuriro abandi ntibawuhabwe.

Ayirwanda yagize ati " Byaba byiza ko waboneka bihoraho, ariko n’ubusanzwe umuriro usanzwe uza ukagenda ukagaruka, ibyo muri rusange bibaho, nasaba ko twese umuriro watugeraho erega nanjye buriya ntabwo nkufite neza."

Naho Muhawenimana agira ati " Baratubwiye ngo barekuye umuriro, dusanga umuriro mu duce tumwe urimo ahandi nta muriro dufite, tubabajije baratubwira ngo ntabwo babizibi baracyatekinika ngo barebe ko tuzabona umuriro".


Ntirenganya Théoneste, avuga ko hari abatekinisiye ba REG, bajya baca amafaranga yo gukaza insinga.

Twashatse kumenya icyo Ubuyobozi buvuga kuri kino kibazo kigararagazwa naba baturage, gusa ubwo twahamagara kuri telefone Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette, ntabwo yabashije kutwitaba.

Mahirwe Eulade

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru