Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Nyabihu:Impuruza ku baturage bagiye gutwarwa n’amazi yo mu birunga

Friday 16 May 2025
    Yasomwe na

Hari bamwe mu baturage bo mu kagari ka Kanyove,Umurenge wa Mukamira w’Akarere ka Nyabihu bavuga ko bakomeje gusembera ngo bitewe nuko inzu zabo zamaze kurengerwa n’amazi aturuka mu birunga.

Aba baturage babitangariije umunyamakuru wa Mamaurwagasabo Tv ubwo yari asanze bamwe muri aba baturage bicaye aho bahungiye aya mazi dore ko yamaze kurengera inzu ndetse yasendereye n’imirima yabo.

Amazi aturuka mu birunga yiroha mu kibaya gituwemo n’abaturage.

Umwe muri aba baturage witwa Nsengimana Francois yagize ati”Ikibazo cy’aya mazi kiduteye impungenge kubera ko yamaze kurengera inzu zacu, Duhora dutakamba ko bazashaka aho bayobora aya mazi ariko ntacyo bakoze twarumiwe”

Uyu muturage akomeza agira ati:”Hari ikibare kiri hano cyamiraga aya mazi ariko cyaruzuye ntibagitsibura niyompamvu amazi yabuze aho yerekeza aba nk’ikiyaga turigusaba gutabarwa Ubu bamwe basembeye ntaho kuba bafite.”

Undi muturage yagize ati:”Twahunze ariya mazi yaduteye ubu byatuyobeye ntamerekezo, urabona ko n’ibiro by’akagari ka Kanyove byarengewe , mudukorere ubuvugizi nk’abanyamakuru mugeze hano mwiboneye uburyo bimeze kuko n’imyaka yacu yarengewe”


Amazi yarengeye imyaka y’abaturage.

Ubwo twageraga muri aka gace tuganira n’abaturage batubwiye ko nta muyobozi urabasha kubageraho kugira ngo abahumurize cyokoze Goronome w’umurenge wa Mukamira niwe wahageze ahita agenda.

Twifuje kumenya icyo ubuyobozi bw’Akarere burimo gukora kuri iki kibazo maze tuvugishije Meya Mukanadayisenga Antoinette atubwira ko ahuze aza kutuvugisha gusa kugeza ubwo twakoraga iyi ntacyo yigeze adutangariza.

Mu butumwa Guverineri w’Intara Y’Iburengerazuba Bwana Ntibitura Jean Bosco yoherereje umunyamakuru wa MAMAURWAGASABO TV yavuze ko imiryango imwe batangiye kuyimura aha hantu hashobora gushyira ubuzima bwabo mukaga.

Amazi yageze no hafi y’umuhanda ashoobora guteza ibiza.

Ati”Birumvikana Imiryango yose yabaye yimuwe igomba gukodesherezwa, Hari iyamaze gukodesherezwa, nindi nayo yahakuwe ejo, barimo gushaka amazu bakodesherezwa.”

Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru