Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki kugira ngo irushanwa ry’amagare, Tour du Rwanda 2022 ritangire ku nshuro ya 14, Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa Ku magare mu Rwanda (FERWACY) ryatangaje ko Erithrea itazitabira bitewe nuko abakinnyi bayo batikingije Covid-19 bityo ikaba yasimbujwe indi kipe.
Mu itangazo ryanyujijwe ku rukuta rwa twitter ya " Tour du Rwanda" kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Mutarama 2022, byemeje ko iKipe ya Erithrea uyu mwaka itazitabira iri rushanwa bitewe nuko itabashije kuzuza ibisabwa bijyanye n’ubuzima.
Umuyobozi wa Fewacy, Murenzi Abdallah mu kiganiro yagiranye n’Inyarwanda yavuze ko Erithrea itabashije kubahiriza amabwiriza y’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare Ku Isi (UCI) harimo na Tour du Rwanda, avuga ko abazitabira bose bagomba kuba barikingije Covid-19.
Yagize ati "Ikipe ya Erithrea hari ibyo itujuje mu mabwiriza y’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare ku isi (UCI) ndetse n’amabwiriza agenga isiganwa ryacu, ariko yubakiye kuri ayo asaba ko umuntu uzitabira iri siganwa agomba kuba yarikingije icyorezo cya Covid-19, rero mu bakinnyi ba Erithrea b’imbere mu gihgu ntabwo habonetse abikingije."
Nyuma y’amasaha make ku rubuga rwa Twitter ya Tour du Rwanda hagaragaye irindi tangazo rimenyesha ko ikipe ya "Grant Thornton - Bike Zone" yo mu gihugu cya Thailand ariyo izitabira muri uyu mwaka, bivuze ko yasimbuye Erithrea .
Ubusanzwe ikipe ya Erithrea yagiye yitabira Tour du Rwanda kuva yatangira ndetse yagiye igaragaza ubuhanga bukomeye muri iri rushanwa .
Mu nshuro zigera muri eshatu zose abakinnyi ba Eritrea bagiye baryegukana; mu mwaka wa 2010 Tour du Rwanda yegukanywe na Teklehaimanot, mu gihe muri 2020 Nathnael Tesfatsion ari we waryegukanye, bigeze muri 2019 Kudus Merhawi aritwaye akinira ikipe ya Astan.
Merhawi Kudus, muri 2019
Tour du Rwanda igiye kuba ku nshuro ya 14, izatangira tariki ya 20 Gashyantare isozwe tariki ya 27 Gashyantare 2022.
Ni irushanwa mpuzamahanga kuko kenshi riri ku rwego rwa 2.1, ryitabirwa Kandi n’abaturutse mu nguni zose z’Isi ndetse rikaba rifite n’abafana benshi cyane.
Uko gahunda iteye y’uburyo bazatangira n’uduce bazanyuramo
Ku Cyumweru tariki 20/02/2022, Kigali-Kigali Arena (ITT / gusiganwa umuntu ku giti cye) 4 Km
Ku wa Mbere tariki 21/02/2022, Kigali-Rwamagana (148.3 KM)
Ku wa Kabiri tariki 22/02/2022, Kigali-Rubavu (155,9KM)
Ku wa Gatatu tariki tariki 23/02/2022, Kigali-Gicumbi (124.3 KM)
Ku wa Kane tariki tariki 24/02/2022, Muhanga-Musanze (124.7 KM)
Ku wa Gatanu tariki tariki 25/02/2022, Musanze-Kigali (152.0 KM)
Ku wa Gatandatu tariki tariki 26/02/2022, Kigali-Kigali (152.6 KM)
Ku Cyumweru tariki tariki 27/02/2022, Kigali-Kigali (75.3 KM)
Amakipe yamaze kwemezwa ko azitabira
– Rwanda
– Morocco
– Algeria
– UCI Continental Teams;
Benediction Ignite (Rwanda)
Tartelletto-Isorex (Belgium)
Bike Aid (U Budage)
TSG Terengganu (Malaysia)
Pro Touch (Afurika y’Epfo)
SKS Saurel (U Budage)
Wildlife Generation (USA)
Team Coop (Norvege)
Novo Nordsik (USA)
Grant Thornton - Bike Zone (Thailand)
. UCI Pro Teams;
B&B Hotels (France)
Drone Hopper-Androni (Italy)
Total Direct Energie (France)
Team Burgos-BH (Espagne)
. UCI World Team;
Israel Start-Up Nation (Israel)
Umunyarwanda uheruka kwegukana Tour du Rwanda ni Mugisha Samuel yaryegukanye muri 2018 mu gihe mu mwaka ushyize wa 2021 ryegukanywe numya-Espagne Rodriguez Christian ukinira Total Direct Energie .
Ni ku nshuro ya 2 Tour du Rwanda igiye kuba u Rwanda n’isi yose muri rusange bari mu bihe bidasanzwe, aho bahanganye n’icyorezo cya Covid-19, gusa ni ibyishimo ku bafana kuko bamaze gukomorerwa kujya gukurikirana imikino gusa abemerewe bakaba ari abantu bamaze kwikingiza gusa.























