Jean claude Ndayambaje
Mu nama yahuje abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA bo mu cyiciro cya mbere ndetse n’abayobozi n’amakipe bari kumwe n’abatoza babo, yateranye kuri uyu wa kabiri tariki 12 Nyakanga 2022 yemeje ko shampiyona y’icyiciro cya mbere izatangira tariki 19 Kanama 2022 mu kwezi gutaha.
Muri iyi nama kandi bemeje ko umukino uruta iyindi yose (Super cup) mu cyumweru kibanziriza itangira rya shampiyona tariki ya 12 Kanama 2022, aho ikipe ya APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona izacakirana na As Kigali yatwaye igikombe cy’Amahoro.
Nkuko byemejwe muri iyi nama,ni uko umwaka w’imikino ya shampiyona 2022/2023 izarangira tariki ya 4 Kamena 2023, mu gihe igikombe cy’Amahoro kizatangira tariki 6 Ukuboza 2022 gisozwe tariki 21 Gicurasi 2023.
Ikindi gishya ni uko iyi shampiyona izajya ikinwa muri weekend gusa nkuko byemejwe muri iyi nama.
Mu bindi byaganiriweho mu nama ni uko muri uyu mwaka FERWAFA izategura imikino yo kwibuka ikazaba mu kwezi kwa Kamena.






















