Ndayambaje Jean Claude
Ikipe ya Watford fc yabaye ikipe ya mbere muri Shampiyona y’Ubwongereza yatandukanye n’umutoza wayo zasko Munoz.
Uyu mugabo wari umaze gukina imikino 10 afite amanota 7 yonyine, yirukanwe bitewe n’umusaruro muke ndetse ashobora gukurikirwa n’abandi b’abatoza bakomeje kugaragaza imbaraga nke n’umusaruro udashimishije.
Abandi batoza bashobora kwirukanwa
Daniel Farke: Ni, umutoza wa Norwich city ndetse yakiniye iyi kipe. Kugeza ubu nta mukino numwe arabasha gutsinda nubwo bamwe mu bayobozi bakimushyigikiye.
Undi ni Ronald Koaman utoza Barcelona, uyu mugabo amaze gukina imikino igera muri itandatu ariko yatsinze umukino umwe gusa muri shampiyona ya Espagne.
Steve Bruce wa Newcastle United nawe arageramiwe kuko amaze gutoza imikino 7 muri shampiyona y’Ubwongereza akaba nta mukino numwe arabasha gutsinda.
Umutoza wa Manchester united Ole Gunnar solskjaer, ari mu muryango usohoka bitewe n’umusaruro muke nubwo abayobozi bamwe muri iyi kipe bakomeje kumuha amahirwe ngo barebe ko yakwisubiraho, aratsinda uyu munsi ejo agatsindwa cyangwa akanganya.
Massimiliano Allegri utoza Juventus yo mu Butaliyani, uwavuga ko asumbirijwe ntabwo yaba abeshye kuko amaze gutoza imikino 7 akaba amaze kunganya imikino itatu.
Undi mutoza ni Mikel Arteta Amatrian utoza Arsenal, kugeza ubu iyi kipe yaheze ku mwanya wa munani, ibintu abakunzi bayo batishimiye na gatoa nawe Ari mu bashobora kwerekwa umuryango usohoka.






















