Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Igihugu cya Argentina gishobora gutangira kugira imikoranire n’ibihugu byo ku mugabane w’Afurika

Wednesday 12 July 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Binyuze muri Merdiano Foundation, Intumwa zivuye mu gihugu cya Argentina zikorera Ikigo cyitwa "Think Tank" zikomeje gusura ibigo bitandukanye byo mu Rwanda(institutions) hagamije kureba ibyo bazakorana nabyo mu mishinga itandukanye y’iterambere ry’ubukungu.

Nyuma yo gusura bimwe mu bigo byo mu Rwanda birimo, RDB, REG, Minicom, izi ntumwa kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Nyakanga 2023 zakomereje uruzinduko mu karere Musanze, mu kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy).

Mu bindi kandi byaranze uru ruzinduko nuko basobanuriwe imikorere y’iki kigo ndetse beretswe uruhare iki kigo kigira mu kubungabunga amahoro ku Isi , binyuze mu kurengera uburenganzira bwa muntu no kurwanya ibyihebe bibabarizwa ku mugabane wa Afurika mu bihugu byugarijwe n’intambara .

Ikigo cya Fundacion Meridiano cyo muri Argentine gisanzwe gikora ubushakashatsi no gutanga ubujyanama ku mibanire mpuzamahanga n’iterambere.

Izi ntumwa zashimye umusanzu ukomeye Ikigo cya Rwanda Peace Academy gitanga mu kubangabunga amahoro ku Isi.

Umunyamabanga Mukuru wa Fundacion Meridiano (Executive Director) ,Madam Mariana Altieri avuga bishimiye kuba bagaragarijwe uburyo Rwanda Peace Academy ibungabunga amahoro ,ndetse ngo kuba bagira umubano n’ibihugu byo ku mugabane w’Afurika byaba ari byiza cyane.

Yagize ati:"Ndatekereza ko nituramuka tugize imikoranire n’ibigo bitandukanye byo ku mugabane w’Afurika bizatanga umusaruro, turanezerewe kuba turi hano mu Rwanda, by’umwihariko mu kigo cya Rwanda Peace Academy, cyane ko batugaragarije uburyo babungabunga amahoro n’umutekano ku Isi, kubona abafatanyabikorwa bikorwa bashya biradushimisha cyane gukorana mu bikorwa by’iterambere n’ubukungu ariko tutibagiwe n’umutekano."

Umuyobozi mukuru w’ikigo Cy’Igihugu Cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy ) Col.Jill Rutaremara yavuze ko uru rugendo shuri rugamiije kureba ibigo(institutions) bashobora kuzakorana nabyo mu Rwanda ndetse no kumenya uruhare rw’u Rwanda mu bijyanye no kubungabunga amahoro.

Yagize ati:"Twasuwe n’abantu babiri bavuye muri Argentine, uru rugendo shuri rugamiije kureba ibigo bashobora gukorana nabyo mu Rwanda, kuko baravuga ko Igihu cyabo gisa nk’aho kiri mu bwigunge gikwiye guhaguruka kikava muri kiriya gice cy’Isi kikaza kikamenya nibibera ahandi, kikagira n’ubufatanye nabo , ibyo nibyo bibagenza , ariko ikindi bashakaga no kumenya ibintu bijyanye n’imvururu zibera muri Afurika, nigikorwa kugira ngo hakemurwe ibyo bibazo , ndetse n’uruhare rwa Rwanda Peace Academy mu kubungabunga amahoro ku Isi."

Col.Jill Rutaremara yakomeje avuga izi ntumwa nizigera iwabo bazareba ikigo bazakorana bijyanye nibyo bagaragarijwe ,ndetse ngo ikindi barashaka kumenya icyo ibi bihugu byo muri Afurika bihuriyeho kukuba bifite izi mvururu zikunze kwibasira uyu mugabane w’Afurika.

"Think Tank" n’abantu kenshi b’impuguke biga ku bintu bakoze ubushakashatsi, ibyo bakoze bikagirira abandi akamaro.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru