Nyuma yo gutandukana n’umutoza Muhire Hassan wirukanwe kubera umusaruro muke, kipe ya Sunrise FC imaze kubona umutoza mushya Jackson Mayanja ukomoka mu gihugu cya Uganda.
Muhire Hassan yatandukanye na SunriseFC tariki ya 23 Ukwakira 2023 kubera umusaruro hafi ya ntawo, aho byavugwagwa ko agomba gusimburwa na Seninga Innocent ariko birangiye ihawe umugande watoje amakipe akomeye muri iki gihugu guturanye n’u Rwanda.
Mayanja w’imyaka 54 amaze iminsi mu Rwanda akurikirana Sunrise FC yashyize umukono ku masezerano azageza mu mpera za shampiyona y’uyu mwaka wa 2022-23, ndetse yakurikiye umukino Sunrise FC yatsinzwemo na Muhazi fc igitego 1-0.
Mayanja arazwi cyane muri Uganda kubera ko yatoje amakipe arimo KCCA. ndetse yigeze no gutoza muri AS Kigali nk’umutoza wari wungirije Mike Mutebi ubwo yari muri iyi kipe atamazeno igihe.
Uyu mutoza mushya aramukijwe Sunrise FC iri ku mwanya wa nyuma n’amanota atandatu ku rutonde rwagateganyo.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje






















