Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Musanze: Ikipe ya MCC igiye gutegura irushanwa rwo gusiganwa ku magare

Wednesday 3 November 2021
    Yasomwe na

Ndayambaje Jean Claude

Musanze Cycling Club "MCC" ni ikipe yo mu karere ka Musanze, mu Ntara y’Amajyaruguru, imaze umwaka urenga ishinzwe irimo yo gutegura amarushanwa yo gusiganwa ku magare mu rwego rwo gukomeza kumenyereza abakinnyi gukina amarushanwa akomeye.

MCC iheruka kwitabira Irushanwa ryo "Gukunda Igihugu" aho yari ifitemo abakinnyi bagera kuri 5 bakaba baragerageje kwitwara neza ugereranyije n’uburyo batari bamenyeye amarushanwa ari naho umuyobozi Mukuru wayo Bwana Bizimana Festus avuga ko bagiye gukomereza gutegura amarushanwa afasha abana kumenyera.

Aganira n’umunyamakuru wa mamaurwagasabo.rw yavuze ko barimo gutegura irushanwa muri uku kwezi k’Ugushyingo, bizafasha abakinnyi gukomeza kumenyera amarushanwa .

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo yarasoje irushanwa ryo "Gukunda Igihugu " umuyobozi wa Musanze Cycling Club Bizimana Festus washinze iyi Kipe yavuze ko nabo ubwabo bakwiye gutegura irushanwa badategereje Ishyirahamwe FERWACY ko ari ryo yihora riyitegura gusa.

Akomeza agira ati “Turi mu mukino w’amagare, natwe turi mu irushanwa, natwe ubwacu kandi tugomba gutegura amarushanwa, ntabwo tugomba gutegereza ko FERWACY ko ari yo itegura amarushanwa gusa, ahubwo natwe tuzajya tuyategura dutumire amakipe. Ibyo tubirimo kandi tuzabikora muri uku kwezi k’Ugushyingo, turateganya amarushanwa aho twakumvikana na FERWACY no mu buryo tuvuganye nayo kuko ni yo ihagarariye uyu mukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda"

IKipe ya Musanze Cycling Club yavutse mu Ukwakira 2020 aho bihaye intego yo kubaka ikipe ikomeye, cyane ko iherereye mu karere k’ubukerarugendo ndetse uyu muyobozi yatangaje ko bazakomeza kuyishyigikira bagakomeza kuzamura impano muri uyu mukino ukunzwe cyane ku ruhando mpuzamahanga .

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru