Monday . 15 June 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 15 June » Abapolisi bo muri Pakistan bibeshye barasa ku muryango w’Abanya-Australia, umwana ahasiga ubuzima – read more
  • 15 June » Ibisasu by’Uburusiya byishe abantu 9 ndetse bitwika Katedarali y’amateka iri i Kyiv – read more
  • 15 June » RMA: Bruce Melody yegukanye igihembo, The Same bataha amaramasa – read more
  • 25 May » Rubavu: Abazahembwa muri Rubavu Music Awards and Talent Detection bamaze gutoranywa – read more
  • 12 May » Rwanda: Hazatangwa ibikombe 2 muri Shampiyona – read more

RMA: Bruce Melody yegukanye igihembo, The Same bataha amaramasa

Monday 15 June 2026
    Yasomwe na

Mu birori byarimo no gutanga ibihembo mu marushanwa yiswe "Rubavu Music Awards and Talent Detection" yabaye ku nshuro ya kabiri kuwa Gatandatu tariki 13 Kamena 2026, mu Karere ka Rubavu, Bruce Melodie yegukanye igihembo cy’umuhanzi ukunzwe cyane muri kano karere naho itsinga rya The Same Aberu, ubusanzwe risanzwe rinazwi cyane muri aya marushanwa ndetse no mu Karere ka Rubavu kubera rimaze kuba ubukombe ntiryagira n’igihembo na kimwe ritwara.


Ibirori byo gutanga ibihembo mu marushanwa yiswe "Rubavu Music Awards and Talent Detection

Muri ibi birori habayeho n’umwanya wo gushimira abahanzi bo muri aka karere bitwaye neza mu mwaka wa 2025-2026.

Ibirori byabaye mu ijoro ryo ku wa 13 Kamena 2026 byitabirwa n’abantu bari mu byiciro bitandukanye harimo na Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper.


Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yitabiriye ibi birori.

Uretse Bruce Melodie, abandi begukanye ibihembo barimo Josskid wegukanye icya ‘Best Male Artist’, Fica wegukanye icya ‘Best R&B Artist’. Kanyota we yegukanye icya ‘Best Female Artist’.

Itsinda ry’abavandimwe ‘Alicia & Germaine’ ryegukanye igihembo cya ‘Best Gospel Artist’, Big Deal yegukana icya ‘Best director’, Phill Pauz yegukanye icya ‘Best Hip Hop Artist’, mu gihe Rugamba Logan yegukanye icya ‘Best Boost Artist’.

Muri aya marushanwa, indirimbo ikunzwe i Rubavu yatowe ni ‘Cebo ya T Blaise na Kanyota, Producer w’umwaka we aba Bertz Beat. Umuhanga mu kuvanga imiziki w’umwaka yabaye Selekta Dady, naho indirimbo ifite amashusho meza iba Ibendera y’itsinda rya Alicia & Germaine.

Aya marushanwa yateguwe n’Ikigo cya Vision Jeunesse Nouvelle, Akarere ka Rubavu na Future Novelty Company, akaba uyu mwaka yarabaye ku nshuro ya kabiri nyuma y’umwaka ushize.

Eulade Mahirwe.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru