Abakinnyi b’amagare by’umwuga, ikipe y’u rwanda yaguriwe amagare mashya mu rwego rwo kwitabira neza irushanwa rya Tour du Rwanda 2025 rigiye gutangira mu minsi mike iri imbere.
Irushanwa mpuzamahanga rya Tour du Rwanda riteganyijwe kuba kuva tariki ya 23 Gashyantare kugeza ku ya 2 Werurwe 2025.
Abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda bari bamaze iminsi bagaragaza ko amagare bakinisha atagezweho, ku buryo yabafasha guhanganira imyanya myiza n’abandi bahurira mu masiganwa bitabira.
Ibyo byajyanaga no kuvuga ko ari make, adahagije, ndetse bamwe bagashimangira ko baheruka amagare meza ubwo bayagurirwaga na Perezida Paul Kagame wabahaye ayo mu bwoko bwa Pinarello Dogma F8 mu 2015.
Mu gihe habura iminsi 10 gusa ngo yitabire Tour du Rwanda y’uyu mwaka, Team Rwanda yakiriye inkuru nziza ko yamaze kugurirwa amagare mashya yo mu bwoko bwa Connandole, agiye gusimbura aya Ridley bakinishaga.
Ku wa Gatatu, tariki ya 12 Gashyantare 2025, Umubitsi wa FERWACY, Katabarwa Daniel, yashyize amafoto ku rubuga rwa X [yahoze ari Twitter] agaragaza ko aya magare mashya yamaze kugera i Kigali.
Mu magambo ye yagize ati “Amagare mashya yahageze mbere ya Tour du Rwanda 2025. Turashimira Minisiteri ya Siporo na buri wese watumye bishoboka.”
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, ni umwe mu bagize icyo bavuga kuri ubu butumwa, agira ati “Dukomereje ku kindi cyiciro. Team Rwanda izatsinda.”
Amakuru dukesha IGIHE ni uko aya magare ya “Cannondale SuperSix Evo 2 Carbon Sonic” yaguzwe, yakoreshejwe ku ruganda.
Team Rwanda ni imwe mu makipe 15 azitabira Tour du Rwanda y’uyu mwaka, izaba igizwe n’uduce umunani tuzakinirwa mu Ntara zose z’igihugu.



























