Nyuma yo guahoza intambara kuri Ukraine, igamije kuyibuza kwinjira mu Muryango w’Ubutabazi wa OTAN, igihugu cy’Uburusiya cyatangiye kwijundikwa n’ibihugu bituranyi kugeza n’aho amakipe y’umupira w’amaguru ya Pologne na Suède yanze kuzakina n’u Burusiya mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi iteganyijwe muri Werurwe 2022.
Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Pologne Cezary Kulesza yavuze ko bari gutegura itangazo rihuriweho rigamije kwamagana imikino bari bafitanye n’u Burusiya nyuma y’intambara bwashoje muri Ukraine.
Byari biteganyijwe ko Pologne ikina n’u Burusiya tariki 24 Werurwe, mu gihe kuri iyo tariki Ukraine yari kuzaba ikina na Ecosse.
Uwatsinze hagati ya Pologne n’u Burusiya yari guhura n’izaba yatsinze hagati ya Suède na Repubulika ya Tchèque.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Suède ryatangaje ko batiteguye gukina nibaramuka bahuye n’u Burusiya






















