HABINEZA Fils Francois wakiniye Etoile de l’Est agiye kujya mu ikipe ikomeye ishobora kumugura amafaranga asaga miliyoni 72 z’amanyarwnda.
Habineza Fils Francois ufite agahigo ko guhamagarwa mu ikipe y’igihugu avuye mu cyiciro cya kabiri ubwo yari muri Etoile de l’Est yo mu Burasirazuba, ari nayo kipe yigaragarijemo cyane mbere yo kuyivamo akerekeza muri Bugesera FC yaje kuzamuriramo urwego, ubu hari hariho amakuru amwerekeza mu ikipe y’Ingabo z’Igihugu APR FC no muri Police, ariko ubu amakuru agezweho ni uko ari kwitegura gufata indege imwerekeza mu gihugu cya Denmark.
Uyu mukinnyi agiye gukinira ikipe yitwa Midtjylland inaheruka kwegukana shampiyona yo muri icyo gihugu mu mwaka 2023/2024 ikindi ikaba ari nayo ibitse igikombe cy’igihugu giheruka.
uyu mukinnyi byitezwe ko azatangwaho agera ku bihumbi 50 by’idolari hafi asaga milliyoni 72 mu mafaranga y’u Rwanda.
NIYOYITA Egide






















