Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Ikipe ya Rayon Sports yamaze guhagarika abakinnyi bayo babiri ari bo Mitima Isaac na Habimana Hussein bakunze kwita "Eto’o" Kubera imyitwarire mibi.
Umuvugizi wa Rayon sports Nkurunziza Jean Paul yabwiye itangazamakuru ko bahagaritse aba bakinnyi kubera imyitwarire idahwitse gusa ntiyeruye ngo avuge icyo bakoze nubwo bivugwa ko banze kwitabira inama yo gutegura umukino iyi Kipe yatsinzemo As Kigali ibitego 2-1, ibintu byaviriyemo umutoza Nshimiyimana kwirukanwa.
Myugariro wa Rayon Mitima Isaac na Habimana Hussein ntibigeze bagaragara ku rutonde rw’abakinnyi Rayon Sports yatsinzemo AS Kigali ibitego 2-1, mu gihe kandi bivugwa ko aba bakinnyi bombi batarimo kumvikana n’umutoza .
Kugeza kuri uyu munsi wa 9 wa shampiyona y’u Rwanda, Rayon Sports ifite amanota 15 ikaba iri ku mwanya wa 5 Ku rutonde rw’agateganyo.
Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 22 Ukuboza 2021, hategerejwe umukino w’ishiraniro w’umunsi wa 10 wa shampiyona uzahuza Rayon sports na Police FC kuri Stade ya Kigali Saa 15h00’.






















