Ndayambaje Jean Claude
Ikipe ya AS Kigali yari ihagarariye u Rwanda muri CAF Confederation Cup, yasezerewe itarenze ijonjora rya kabiri nyuma yo gutsindwa na Daring Club Motema Pembe ibitego 2-1 mu mukino wo kwishyura wabereye i Kinshasa.
kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Ukwakira 2021 ikipe ya ( DCMP),
Daring Club Motema Pembe yari yakiriye As Kigali I Kinshasa mu mu mukino wa CAF confederation cup warangiye As kigali isezerewe muri iri rushanwa.
DCMP ibaye ikipe ya Mbere yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeza mu rindi jonjora muri irushanwa yari isanzwemo nyuma yo gusezererwa kwa AS Vita Club yasezerewe naho Mazembe nayo ikava muri Champions League kuri ubu DCMP Niyo rukumbi isigaye muri iyi mikino nyafurika.
Daring Club motema Pembe itozwa na Alain Landreut yongeye gutsinda ikipe y’abanyamujyi ibitego 2-1 nk’uko byagenze mu Rwanda byayihaye itike yo gukomeza mu ijonjora rya gatatu ribanziriza amatsinda ku giteranyo cy’ibitego 4-2.
Uyu mukino wabereye kuri Stade des Martyrs i Kinshasa , umukinnyi Katy Katulondi yafunguye amazamu ku munota wa 27’ mu gihe ku munota wa 43’ Kwizera Pierrot yishyiriye ikipe ya As Kigali , uyu musore akaba yari yatsinze n’ubundi igitego Kigali mu mukino ubanza 2-1.
Kizigenza Karim Kimvuidi yatsinze igitego cya kabiri cya DCMP ku munota wa 48’ igitego cyatumye iyi Kipe ibona itike yo gukina ijonjora rya Gatatu byatumye AS Kigali itakaza icyizere cyobgukomeza urugendo rusa nururangiriye muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo.
Mu rindi Jonjora rya CAF Confederation Cup rikurikiraho, rigomba kuzakinwa tariki ya 26 Ugushyingo n’iya 3 Ukuboza 2021, Aho Daring Club Motema Pemmbe izakina n’imwe mu makipe yasezerewe muri CAF Champions League.
Nshimiyimana Eric utoza As kigali , yari yabanje mu kibuga - abakinnyi barimo Ntwari Fiacre, Kwitonda Ally, Ishimwe Christian, Rurangwa Mossi, Bishira Latif, Mugheni Fabrice, Kwizera Pierrot, Haruna Niyonzima, Uwimana Guillain, Shaban Hussein na Saba Robert.
Urugendo rwa As Kigali rukaba rwarangiye itarenze umutaru Aho mu mukino ubanza yari yatsinzwe ibitego 2-1 , n’umukino wo kwishyura ukaba warangiye itsinzwe ibitego 2-1
Bivuze ko Ari (agg 4-2) bikaba biteganijwe ko As Kigali igera mu Rwanda kuri uyu was Mbere ivuye i Kinshasa.






















