Friday . 20 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Burera: Kubona ubwiherero ku mirenge n’utugari bisaba kuvunyisha kwa Gitifu

Wednesday 12 June 2024
    Yasomwe na


Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera mu Murenge wa Cyanika baravuga ko bakigorwa no kubona ubwiherero ku biro by’umurenge wabo no ku tugari, ngo henshi usanga hahora hafunze, n’ahafunguye hakoreshwa n’abayobozi gusa.

Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo.rw ubwo yageraga ku biro by’akagari ka Kamanyana mu murenge wa Cyanika, asanga abaje gusaba serivisi bifuza ko ubwiherero bwo ku biro by’utugari bwajya buhora bufunguye kugira ngo ubukeneye wese abubone atabanje kujya kwirwanaho mu bihuru.

Nyiragaju Dancilla yagize ati :"Hari igihe uza hano ku kagari washaka kwikiranura n’umubiri ukabura ubwiherero, kuko umuturage nkanjye sinajya gusaba Sedo na Gitifu urufunguzo rw’ubwiherero kubera ko bigoye kandi nibo barubika, ariko bugiye buhora bwuguruye byadufasha cyane."

Ubu bwiherero bwaruzuye burafungwa ntihateganywa ubundi

Undi muturage witwa Ndayiringiye Marie Louise yagize ati: "Umuntu iyo akubwe ashaka aho kwihagarika akahabura; kandi ntabwo umuntu yavuga ko icyo kibazo kiri ku tugari ahubwo no ku mirenge kirahari, turasaba ko twajya tubona aho twibohora mu gihe tubikeneye, ibi nibyo bizatuma abantu batajya kwiherera mu bihuru."

Undi muturage witwa Emmanuel yagize ati: "Iyo usanze ubwiherero bwo ku kagari bufunze ushaka uburyo wiyeranja mu bihuru kugira ngo yikiranure n’umubiri, byibuze hubatswe ubwiherero buhagije bakavuga bati ubu ni ubw’abayobozi, ubu bwagenewe abaturage baje gushaka serivisi, byaba ari byiza natwe tujya tubona ubwiherero tutabanje kujya gutira mu baturanyi cyangwa kwiyerenja ahandi."

Umunyabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyanika Ngendahayo Venant avuga bimeze gutyo byaba ari ikibazo gikomeye, ngo bagiye kubigenzura barebe niba ari ukuri.

Yagize ati: "Mu byukuri ntabwo byaba ari byo buramutse bikorwa muri ubwo buryo, ndetse byaba bikorwa n’umuntu ku giti cye bitari rusange; ubu kuba muduhaye aya makuru tugiye kubikurikirana tubigenzure bicike kuko umuturage ntakwiye kubura serivisi iyariyo yose yemerewe."

Iyo uri ku nzego z’ubuyobozi zimwe na zimwe nko ku tugari n’imirenge muri Burera ubona nta bwiherero rusange bufunguye, n’ubuhari kenshi usanga buriho ingufuri bityo abaturage bakajya gushaka ahantu biherera akaba ariho bahera asaba ko iki kibazo cyakemuka mu rwego rwo gukomeza kwimakaza isuku.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru