Thursday . 19 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Butembo: Wazalendo basubiranyemo, abagera mu icumi bahasiga ubuzima

Thursday 6 March 2025
    Yasomwe na

Amakuru aturuka mu mugi wa Butembo wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru aravuga ko abantu hafi icumi bapfuye mu mishyamirano yadutse hagati y’imitwe ibiri y’abarwanyi ba Wazalendo.

Uko gushyamirana, RFI yatangaje ko kwabaye tariki ya 3 Werurwe 2025, kukaba kwamaze amasaha atari make mu duce twa Kimemi muri uwo mugi.

Umuvugizi w’igisirikare cya DRC muri ako gace yabwiye iki kinyamakuru ko bitumvikana ukuntu abantu umukuru w’igihugu yise intwari zitanga ngo congo itsinde urugamba ari bo barangwa n’iyo migirire.

Yabitangaje ubwo yari amaze kumenya ko batandatu muri bo bahasize ubuzima.

Yagize ati: "Biteye isoni. Nimba koko bakunda igihugu, bategerejweho kudufata mu mugongo."

Amashyirahamwe adaharanira imyanya ya poritike yo avuga ko hapfuye abagera ku icumi ku mpande zompi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru