Mu muhango wo guherekeza Diogo Jota n’umuvandimwe we Andre, umunyabigwi Cristiano Ronaldo yasabwe n’abakinnyi ndetse n’abo mu muryango wa nyakwigendera ko ataza mu muhango wo guherekeza Diogo Jota.
Iyo Cristiano aramuka aje byashoboraga kubangamira umuhango, kuko abantu bakwibagirwa ko ari umwanya wo kwitonda no gukurikiza amabwiriza bikaba byateza akavuyo kubera abafana ba Ronaldo, ndetse yewe abari hafi y’umuryango wa Jota ibi ntibabisabye Cristiano wenyine, ahubwo ngo na Messi bamusabye ko yazasura abasigaye, kubera ubwamamare bw’aba bakinnyi bombi.
Hari aho biba bikwiye ko aba bakinnyi bakomeye batajya kugira ngo bitabangamira gahunda za bo, kandi si aha gusa kuko Messi akiri muri Espanye yigeze gutangaza impamvu adakunze kwitabira MISSA kubera ko abantu bamurangariraga ntibabe bakitaye kuri padiri. Cristiano Ronaldo biteganyijwe ko azajya gusura abasigaye kandi hari n’ibyo yemereye umuryango wa Jota azawufasha.
NIYOYITA Egide.
Amafoto y’umuhango wo gushyingura Diogo Jota n’andi asanzwe




































