Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

FERWAFA YAHAGARITSE UMUSIFUZI JABO KUBERA KWANGA IGITEGO CYA APR FC

Tuesday 20 January 2026
    Yasomwe na

Mu itangazo rigira riti “komisiyo y’imisifurire muri Ferwafa yateranye ku wa 19 mutarama 2026 isuzuma imisifurire ku mukino wahuje Apr Fc na El Merrikh sc (umukino wabaye ku wa 18/01/2026) mu marushanwa ya Rwanda Premier League.
Yasanze ku munota wa 88’ w’umukino harabaye ikosa rikomeye ryakozwe n’umusifuzi wungirije wa kabiri (2nd assistant referee), aho igitego cya apr fc cyanzwe hashingiwe ku cyemezo kitari cyo cy’uko habaye kurarira.
Kubera iryo kosa, komisiyo y’imisifurire yafatiye umusifuzi ibihano bikurikira: Jabo Aristote ahagaritswe gusifura imikino igera kuri 4.”
Ferwafa izakomeza guharanira ubutabera.

Ni ryari igitego cyangwa ni ryari cyemerwa (offside):

Ni ryari igitego cyangwa ni ryari cyemerwa habayemo kurarira twifashishe itegeko rya fifa (law 11 – offside & law 12 – fouls).hagendewe ku byagaragaye ku mukino wa apr fc uakinaga na el merrick warangiye zinganyije ubusa k’ubusa.

Dusobanukirwe n’icyo amategeko abivugaho.

Igihe igitego cyemerwa:

Umukinnyi ahagaze mu mwanya wemewe (atari offside).abakinnyi bari imbere y’umuzamu batamubangamiye mu buryo bugaragara, urugero:Batamukingirije kureba umupira. Batamubuza gusimbuka cyangwa gufata umupira.nta gukinisha umubiri, gusunika, cyangwa gukingira umuzamu byabaye. Ibi byose ntabyabaye mbere yuko Dauda atsinda.


APR FC yari yatanze ikirego cy’uko yibwe mu mukino wayihuje na El Merreck.

Igihe igitego gihakanywa igitego nticyemerwa iyo:Umukinnyi wari mu mwanya wa offside:Ahagaze imbere y’umuzamu,amukingira kureba umupira,cyangwa agerageza gufata umupira bityo akabangamira umuzamu.umukinnyi:Asunika umuzamu,amubuza gusimbuka cyangwa kugenda, amukingira ku bushake (screening).


Kapiteni wa APR Fc Claude Niyomugabo imbere y’umusifuzi Jabo.

Ibi byitwa “interfering with an opponent”, kandi bihita bituma igitego kidakomeza.
Ibi byose ubirebye neza ukifashisha icyo amategeko avuga wavuaga ko apr fc yangiwe igitego kuko nta ruhare abakinnyi bari bararariye bagize mu itsindwa ry’igitego Dauda Yusuf yari aboneye Apr fc.

Iranzi Shema Bonheur

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru