Saturday . 21 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Gen. Muhoozi yagarutse mu Rwanda

Thursday 20 March 2025
    Yasomwe na

Nyuma y’iminsi itariki myinshi atangaje ko aza kongera kugaruka mu Rwanda, igihugu afata nk’icye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akaba n’umuhungu wa Perezida Museveni, Gen Kainerugaba Muhoozi yagarutse mu Rwanda.

Ni uruzinduko yagiriye mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane yariki ya 20 Werurwe 2025.

Ku kibuga cy’indege Gen Kainerugaba yakiriwe na mugenzi we w’ingabo z’u Rwanda, Gen Muganga Mubarak n’abandi bari mu rwego rw’ingabo.

Muri Gashyantare 2025 nibwo Gen Muhoozi, yatangaje ko ateganya kugirira uruzinduko mu Rwanda.

Yagize ati “Nzajya nsura igihugu cyanjye cy’u Rwanda. Igihugu cy’Abachwezi.”

Yakomeje avuga ko "Namenyeshaga abantu bacu bo mu Rwanda ku vuba nzasura abasirikare bacu muri RDF. Nyuma yaho, CDF w’u Rwanda azasura abasirikare be muri UPDF. Uganda n’u Rwanda ni umwe! Iteka."

Mu bigenza Gen Kainerugaba mu Rwanda harimo kuganira n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye busanzwe hagati y’impande zombi ndetse n’umutekano wo mu karere.

Gen Muhoozi yaherukaga mu Rwanda muri Kanama 2024. Icyo gihe yari yitabiriye Irahira rya Perezida Paul Kagame.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru