Saturday . 21 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Harabura intambwe imwe ngo Congo DRC yinjire muri EAC

Saturday 12 February 2022
    Yasomwe na

Mu rugendo rwo kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba EAC, igihugu cya Republika Iharanira Demokarasi ya Congo DRC, gisigaje intambwe imwe, nyuma y’aho inama y’abaminisitiri muri ako karere yemereye icyo gihugu kuba umunyamuryango.

Ni nyuma y’ibiganiro BBC yavuze ko bitari byoroshye, byaberrye i Nairoi muri Kenya byahuje Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga muri ako karere.

Igihugu cya Congo DRC kibonwa nk’isoko rikomeye ku karere kubera umutungo kamere mwinshi wiyongeraho n’abaturage benshi bakabakaba miliyoni 90 (89.56million, 2020).

Intambwe isigaye ni uko hategerejwe Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize ako karere ka EAC, nayo igiye guterana mu cyumweru kiri imbere bakemeza burundu Congo nk’Umunyamuryango wa EAC.
Ukwemerera ico gihugu casavye kwinjira muri iryo shirahamwe kuva mu 2019, n’intambwe ikomeye.

Kwinjira kwa Congo mu muryango wa EAC birongera umubare w’abaturage bawugize, bagere kuri miliyoni 300, bitume kandi uyu muryango ukomeza kugira ubutunzi kamere bwinshi buboneka mu bihugu binyamuryango.

Congo DRC iraza yiyongera kuri Kenya, Rwanda, Soudani y’Epfo, Tanzania na Uganda na Burundi bigize uwo muryango.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru