Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yaraye itsindiwe muri Algeria ibitego 2-0, mu mukino wa gishuti wabaye kuri uyu wa Kane, mu mugi witwa Constantine.
Ni ibitego byatsinzwe mu give cya mbere n’icya kabiri, ku munota wa 37 icyambere cyatsinzwe na Youcef Belaïli, ni nyuma yo gucenga Niyigena Clement.
Ikipe ya Algeria yakomeje gusatira izamu ry’u Rwanda ryari ririnzwe na Ntwari Fiacre, ariko igice cya mbere kirangira bikiri igitego kimwe cya Algeria ku busa bw’Amavubi.
Igice cya kabiri cyatangiye u Rwanda rukinaga rusa naho rwugarira. Nubwo Amavubi yatangiranye impinduka ariko ntizigeze zitanga umusaruro kuko ku munota wa 58 ku mupira bacishije kuri Ombolenga Fitina Jaouen Hadjam yahise atsinda igitego cya kabiri cya Algeria ibi byanaviriyemo Fitina guhita asimbuzwa .
Umukino waje kurangira Amavubi atsinzwe na Algeria ibitego 2-0.
Tariki ya 9 uku kwezi aya makipe azongera ahure nanone mu mukino wa gishuti.























