Saturday . 21 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Ibihugu 7 ku Isi bikemerera abatarikingije COVID-19 kubyinjiramo

Saturday 5 February 2022
    Yasomwe na

COVID-19 yahinduye uburyo bw’imibereho bigira n’ingaruka ku migenderanire hagati y’ibihugu kugeza aho ubu bisa n’ihame ko nta muturage watekereza kwerekeza mu mahanga atarikingije inkingo zisabwa n’igihugu ashaka kwerekezamo. Gusa kugeza ubu hari ibihugu 7 ku Isi bikemerera abagenzi kubyinjiramo bidasabye ko waba warikingije urukingo na rumwe; harimo n’ibidasaba kwerekana ko wisuzumishije CPR Test.

Ku ikubitiro haraza igihugu cy’Ubugiliki (Greece). Mbere yuko ugera muri iki gihugu uvuye hanze yacyo ubanza kuba warujuje igipapuro bateganyije cy’utarikingiza, ukabikora mbere ho umunsi umwe ko uhagera. Gusa uteganya kujyayo abanza kwerekana icyangombwa cyuko yapimwe Covid-19 ukagaragaza ko utayirwaye nibura my masaha 72 mbere yuko ugerayo. Abakerarugendo bo rwose ntibasabwa kuba barikingije ahanini kuko batamara igihe kirekire.

Greece, igihugu cyo ku mugabane w’Uburayi

Hakurikiraho Portugal; muri iki gihugu kugeza ubu urahinjira, upfa kuba werekanye ko wisuzumishije ikizamini cya CPR kandi udafite Virus ya Corona mu masaha 72. Ariko nufite ikizamini cya Antigen kitarengeje amasaha 24 nawe yemererwa kwinjira muri Portugal.

Croatia nayo wemerewe kwinjirayo mu give ugaragaje ko nta Covid-19 ufite mu mubiri nibura mu masaha 72, ukoresheje ikizamibi cya CPR cyangwa ikizamini cya Antigen kitarengeje amasaha 48 mbere yuko ukandagira ku butaka bwaho.

Turukiya (Turkey) nayo my gihe utikingije urukingo na rumwe wakinjirayo ariko kimwe n’ahandi werekanye ko nta virusi ya Corona ufite, kimwe nuko wakerekana ko wakize COVID-19 nibura mu mezi 6 ashize, byose ukabyerekana mu buryo bw’ukoranabuhanga mbere yuko uhagera.

Mexico nayo wakinjirayo bidasabye ko wikingije, ariko ho ukanashyirwa mu kato mbere yuko ujya muri gahunda zikujyanyeyo.

Ibirwa bya Maldives nabyo wabikandagiramo bidasabye kwikingiza, ariko ho ukerekana ko nta Covid-19 ufite nibura mbere y’amasaha 96 ariko nabwo ugashyirwa mu kato k’iminsi 14 bareba ko nta virusi ufite.

Maldives, ibirwa bitembererwa cyane

Costa Rica yo kwinjira urinjira ariko abaturqge bagasabwa kukwirinda kuko udakingiye. Aha rwose ntibinasaba ko werekana igisubizo cy’uko wisuzumishije covid-19. Gusa wiyemeje kujyayo utarikingiza usabwa kugura ubwishingizi ku buzima ukabwomeka ku gipapuro kikwemerera gutambuka.

Uru ni urutonde rugezweho kuva tariki ya 4 Mutarama 2022 nkuko tubikesha urubuga rwa ba mukerarugendo, Times Travel.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru