Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Igikombe cy’Isi: Portugal yatsinze Ghana bigoranye

Friday 25 November 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Imikino y’igikombe cy’isi ikomeje kubera mu kigobe cya Qatar, ikipe y’igihugu ya Portugal bigoranye yatsinze igihugu cya Ghana iri mu makipe yaserukiye umufabane wa Afurika.

Wari umukino wo mu itsinda H yatangiye gukinwa uyu munsi, aho benshi mu bakunzi ba Ruhago bari bategereje kizigenza Ronaldo mu mukino ubanza muri iri tsinda wabaye saa cyenda aho Uruguay yanganyije na South Korea.

Mu birori bya Ruhago byabereye kuri Stadium 974 saa 18h00’ Ikipe y’igihugu ya Portugal yaje kugaragaza ko ikomeye ubwo yisasiye ikipe ya Ghana, iri mu makipe 5 yaserukiye umugabane w’Afuruka.

Portugal ikinamo Ronaldo niyo yatangiye ifite imbaraga zikomeye ku buryo batambaje umupira mu kibuga bituma Ghana yibura , ndetse mu minota itatu gusa bari bamaze kubona koroneri n’ubwo itatanze umusaruro.

Cristiano Ronaldo ni kapiteni wa Portugal, ku munota wa 8’ ushyira uwa 9’ yahushije igitego asigaranye n’umuzamu wa Ghana ku buryo benshi bari bamaze guhaguruka ariko bikomeza kwanga.

Ku munota wa 30’ Cristiano Ronaldo yatsinze igitego ariko umusifuzi aracyanga avuga ko yasunitse Alexander Djiku mu gihe Ghana yari isa niyibuze mu kibuga umukino ugitangira ndetse byatumye igice cya mbere kirangira ari 0-0.

Mu gice cya kabiri n’ubundi ikipe ya Portugal yatangiye ikinira mu kibuga cya Ghana ishaka igitego ariko bikomeza kwanga gusa ku munota wa 53’ Ghana yabonye uburyo bw’igitego binyuze ku mukinnyi Kudus wirukankanye umupira, ariko ageze imbere yizamu umupura awutera hanze.

Akagozi kaje gucika Ku munota wa 63’ ubwo umukinnyi wa Ghana witwa Mohammed Salisu yakoreye ikosa kuri Rutahizamu Cristano Ronaldo ari mu rubuga rw’amahina maze umusifuzi yeneza ko ari penariti ku munota wa 65’ yatewe neza na Ronaldo.

Ikipe y’Igihugu ya Ghana ikimara gutsindwa yahise ikanguka nayo ifungura umukino irataka cyane maze ku munota wa 73’ biza kuyihira , aho abasore barimo Kudus wakinnye neza yahaye umupira mwiza André Ayew ahita atsinda igitego cyo kwishyura cya Ghana , biba bibaye 1-1.

Umutoza wa Ghana yamaze gusimbuza Andre Ayew aho byabaye nkibihaye urwaho Portugal maze ku munota wa 78’ Joao Felix atsinda igitego cya 2 ku mupira yari ahawe na Bruno Fernandes ndetse no ku munota wa 80 Rafael Leao atsinda ikindi cya 3 n’ubundi ku mupira yari ahawe na Bruno Fernandes.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru