Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Ikipe ya AS Kigali yamaze kubona abatoza bashya

Thursday 20 January 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Mike Mutebi wahoze atoza ikipe ya KCCA yo muri Uganda ni we wagizwe umutoza mushya wa AS Kigali akazaba yungirijwe na Jackson Mayanja mu gihe kingana n’imyaka ibiri.

Ku gicamusi cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 19 Mutarama 2022, ku kibuga cya Bugesera ubwo iyi Kipe y’abanyamujyi yakinaga na Bugesera umunsi wa 13 wa shampiyona berekanye abatoza bashya bagomba kuyifasha mu mikino isigaye.

Ubusanzwe Jimmy Mulisa niwe wari wasigaranye inshingano zo gutoza iyi Kipe nyuma yaho itandukanye n’uwari umutoza wayo Mukuru Eric Nshimiyimana washinjwe umusaruro muke biba ngombwa ko batandukana.

Uyu mugabo ukomoka mu gihugu cya Uganda muri ibi bihe nta kipe yari afite kuva yatandukana na KCCA FC muri Werurwe umwaka ushyize wa 2021.

Mike mutebi kandi yari yavuzwe muri Kiyovu Sports ariko birangira atayitoje.

Ku munsi wa 14 wa shampiyona Mutebi afite umukino ukomeye wa Mbere azaba atoje , azahuramo na APR FC muri iki Cy’umweru, mu gihe iyi Kipe isanzwe ifite amanota 23, ku mwanya wa Gatatu.

Ibumosi ni Umutoza Mukuru, Mutebi Mike na Jackson Mayanja

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Perezida wa As Kigali, Shema Fabrice yagize ati “Guhera uyu munsi (tariki ya 19 Mutarama) AS Kigali iraba ifite umutoza mushya,Mike Mutebi na Jackson Mayanja umwungirije; bafite amasezerano y’imyaka 2 kandi bazadusangiza ku bunararibonye bafite mu gutwara ibikombe, nibyo tubitezeho."

Shema Fabrice, Perezida wa As Kigali

Umutoza Jimmy Mulisa yatoje AS Kigali imikino 4 yatsinze ibiri harimo Mukura Victory Sports na Bugesera FC, anganya umwe na Gasogi United igitego 1-1 mu gihe yatsinzwe umukino umwe w’umunsi wa 13 wa shampiyona aho Rutsiro FC yamutsindiye i Kigali ibitego 2-1.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru