Ikipe ya Manchester United yaraye itsinzwe na mukeba wayo Manchester City ibitego 3-0, abakunzi ba Man United bakomeza kwibaza igihe ibibazo iyi kipe ifite bizararangira.
Mu mukino waraye ubaye kuri iki cyumweru, ikipe ya Man City yari yakiriye ikipe Man United iyitsinda ibitego 3-0, ni ibitego by’umwongereza Foden, ndetse n’umunya Scotland Haaland watsinze ibitego 2.
Nyuma y’umukino abafana ba Man United bongeye kugaragara bagaragaza ko batishimiye ibyo umutoza ari kubakorera.
Umutoza wa Man United Roben Amorim uvuka mu gihugu cya Portugal mu magambo ye yavuze ko atazigera ahindura uburyo bwe bw’imikinire (sisitemu y’abadefanseri 3 izwi nka 3-4-3). Yanavuze ko nawe ibibazo bihari abazi bityo ko ntawakabaye amurenganya.
Iyi sisitemu ntiyishimiwe n’abakunzi b’iyi kipe kuko bavuga ko ariyo ituma batsindwa. Ubusanzwe amakipe menshi akunda gukoresha sisitemu ya 4-3-3.
Kuva mu mwaka wa 2013 mu kwezi Kwa 5 tariki ya 8 iyi kipe imaze gutandukana na Fagason, iyi kipe ya Man United yagiye izana abatoza beza ndetse n’abakinnyi beza, ariko kugeza uyu munsi ntirigera isubirana icyubahiro yahoranye mu gihe cy’umutoza Sir Alex Fagason wahesheje iyi kipe ibikombe bikoye, birimo n’icya UEFA CHAMPIONS LEAGUE iyi kipe yatwaye inshuro ebyiri ubwo yari kumwe na Fagason.
Valens Nzabonimana.























