Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Intsinzi Pacquiao yegukanye akubita Broner, yamugumishije ku mwanya wa 1 mu iteramakofe (Amafoto)

Monday 21 January 2019
    Yasomwe na

Umunya- Philippines, Manny Pacquiao, yongeye gushimangira ubuhangange bwe mu iteramakofe atsinda Umunyamerika Adrien Broner mu mukino w’ishiraniro wabereye mu Mujyi wa Las Vegas muri Leta ya Nevada.

Uyu mukino wabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 20 Mutarama 2019, Pacquiao yawutsinze nyuma yo guhatana na Broner muri round 12.

Uyu mukino warimo gukubana cyane warangiye hitabajwe icyemezo cy’abakemurampaka mu kugena amanota y’uwatsinze.

Pacquiao wakinaga umukino wa 70 nk’uwabigize umwuga, ni we wanditse andi mateka. Yegukanye igihembo cya 24 kigaragaza umukinnyi wa mbere ku Isi mu iteramakofe. Ni intsinzi ya 61 abonye mu rugendo rwe rw’iteramakofe.

Uyu mugabo wihebeye Kirisitu yahanganaga na Adrien Broner w’imyaka 29. Abakemurampaka banzuye ko Pacquiao yatsinze kuri 117-111, 116-112 na 116-112.
Broner we yavuze ko yagombaga gutsinda. Yagize ati “Namukubise. Buri wese arabizi ko namukubise. Nari mfite umukino mu biganza, yari yatakaje. Nitwaye neza inshuro nyinshi.’’ Broner yateye ibipfunsi 50 mu gihe Pacquaio yamuteye 112.

Emmanuel Dapidran Pacquiao w’imyaka 40 yongeye kwishimirwa n’abafana bari muri MGM Grand Garden Arena i Las Vegas. Iki kibuga gifite amateka kuko niho yatsindiwe n’Umunyamerika Floyd Mayweather ku wa 2 Gicurasi 2015.

Uyu mukino niwo wahenze kurusha indi yose mu mateka y’Isi aho ubarirwa miliyoni zisaga $300 no kurebwa n’abantu bari hagati ya miliyoni 2,5 n’eshatu.
Pacquiao yatangaje nyuma y’uyu mukino ko yiteguye kongera guhatana na Mayweather wamutsinze mu 2015.

Yagize ati “Mumubwire azagaruke muri ring, turwane. Ndashaka kurwana na Mayweather niba ashaka kugaruka mu iteramakofe.’’

Nyuma y’umurwano wa 2015, Floyd yagaragaye mu kibuga atsinda Umunya-Ireland, Conor MacGregor muri Kanama 2017. Uyu Munyamerika w’imyaka 41 aheruka gutsinda Umuyapani Tenshin Nasukawa barwanye mu Ukuboza 2018. Yahise atangaza ko ahagaritse gukina. Mayweather warebye uyu mukino ntacyo yatangaje cyerekeye niba umukino we na Pacquiao uzasubirwamo.

Manny Pacquiao yatsinze Adrien Broner mu mukino w’iteramakofe

Gusa Broner nawe ntiyari amworoheye

Uyu mukino wabereye I Las Vegas muri Leta ya NEVADA

Aho yatsindiwe na Mayweather niho yiheshereje intsinzi

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru