Saturday . 21 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Kagame na Tshisekedi bafashe umwanzuro umwe

Thursday 22 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na mugenzi we wa Congo Felix Tshisekedi Chilombo, biyemeje ko imitwe yitwaje intwaro ya M23 na FDLR igomba guhagarara.

Babyemeranyije ku buhuza bwa perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron ubwo bahuriraga mu nama y’Inteko Rusange ya 77 y’Umuryango w’Ababibumbye, yabaye ku wa 21 Nzeri i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ibiro bya Perezida w’Ubufaransa, byatangaje ko aba baperezida bombi bababajwe n’ikibazo cy’umutekeno muke kiri muri Congo, kandi bishimira icyemezo cya EAC cyo kohereza ingabo muri icyo gihugu guhashya imitwe yitwaje intwaro imaze imyaka minshi muri Congo.

Kugira ngo uwo mwanzuro ufatwe, habayeho gusasa inzobe ubundi bemeranya ko M23 igomba kurekura uduce yafashe kandi vuba bidatinze.

Kagame na Tshisekedi bemeranyije ko abimuwe mu byabo n’imirwano ya M23 n’ingabo za Congo bagomba gutaha, babifashijwemo na Loni (UN), Afurika Yunze Ubumwe (AU) ndetse n’Akarere k’Ibiyaga bigari.

Ku bijyanye na FDLR kandi, ibi biro byanzuye ko hagomba kuvaho umuco wo kudahana mu buryo bwo gushakira hamwe amahoro arambye, no guhagarika burundu ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro mu karere k’Ibiyaga bigari irimo FDLR.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru