Monday . 30 June 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Kuki hatabaho guhinduka kw’ubutegetsi muri Iran: Donald Trump yatanze umuburo

Monday 23 June 2025
    Yasomwe na

Perezida wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika Donald Trump yemeje ko mu gihe ubutegetsi bwa Iran bwaba bunaniwe gukorera neza igihugu cyabo hafatwa umwanzuro wo gukuraho ubutegetsi bwa Ayatollah Ali Khamenei.

Ibi bije nyuma yaho ubutegetsi bw’Amerika butangaje ko mu bitero bagabye muri Iran ikigendanye no gukuraho ubutegetsi ( Regime Change) kitari muri gahunda bafite kuri ubu, nyuma y’ibisasu byagabwe muri Iran mu mpera z’iki cyumweru dusoje.


Amerika yarashe bikomeye ahatunganyirizwa Nuclaire ya Iran.

Leta ya Iran yarahiriye kwihorera ku bitero byagabwe na Leta zunze ubumwe z’Amerika, nyuma yaho Donald Trump yari amaze gutangaza ko ibitero bagabye byasenye bikomeye ibikorwaremezo bya Iran byiganjemo ikorwa ry’intwaro za Nucleaire.

Ishami rya Loni rishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’ubutare bwa Nuclaire ryo ryasabye ko imirwano yahagarara hakabanza kurebwa niba nta byangijwe n’ibyo bitero bishobora gutuma habaho kwangirika k’umwuka uhumekwa n’abantu mu burasirazuba bwo hagati.


Ayatollah Ali Khamenei yavuze ko Amerika izicuza kurasa muri Iran.

Kuri ubu Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi ari i Moscow mu Burusiya aho biteganyijwe ko ahura na Perezida Vladmir Putin ngo baganire ku bibazo bahuriyeho byo guhangana n’uburengerazuba bw’Isi.

Nubwo bimeze gutyo ariko ibitero ku mpande zombi biracyakomeje, kuko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere igisirikari cya Israel cyagabye ibitero byo mu kirere mu murwa mukuru wa Iran, Tehran aho byari bigamije gusenya kimwe mu byicaro bya IRGC.


Missiles za Kheibar za Iran zikomeje kwangiza ibikorwaremezo bya Israel.

Ku rundi ruhande Iran nayo yabyutse yohereza missile yitwa Kheibar muri Israel nkuko ibiro ntaramakuru by’abaperesi Press Tv bibivuga.

Leta Zunze Ubumwe Z’Amerika zivuga ko ziri gusaba ubushinwa kuba bwashyira igitutu kuri Iran ku buryo yahagarika gukomeza kwishora mu mirwano nayo ndetse na Israel.

Minisitiri ushinzwe ingufu muri Israel; Eli Cohen yatangaje ko abaturage bagera ku 8000 kuri ubu badafite amashanyarazi nyuma y’igitero cya Missile Iran yagabye hafi y’ahatunganyirizwa amashanyarazi muri iki gitondo.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru