Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku mugoroba wo ku wa mbere - tariki ya 23 Gashyantare (2) , yahakanye amakuru avuga ko Jenerali Daniel Kane, uzwi ku izina rya "Razen", arwanya ibikorwa bya gisirikare kuri Irani.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga , Perezida Trump yanditse ko ayo makuru ari "ibinyoma rwose"
Yashimangiye ko Jenerali Kane, kimwe n’abandi basirikare bakuru, badashaka intambara, ariko iyo hafashwe icyemezo cyo gufata ingamba za gisirikare kuri Irani, yizera ko azatsinda intambara byoroshye.
Bwana Trump yongeyeho ko Jenerali Kane azi neza Irani kuko yategetse Operation Midnight Hammer, ibitero by’indege Amerika yakoze muri Irani mu mpeshyi ishize.
Nyuma y’icyo gitero, yavuze ko gahunda y’intwaro za kirimbuzi ya Irani "itazakomeza" kuko "yasenyutse burundu" nyuma y’ibitero by’indege za Amerika B-2.
Perezida wa Amerika yise Jenerali Kane "intwari ikomeye" kandi avuga ko ahagarariye "igisirikare gikomeye kurusha ibindi ku isi."
Trump yongeyeho ko umuyobozi w’ingabo za Amerika atigeze avuga ko ibijyanje n’ingamba zo kurwanya Irani cyangwa se ku bitero, kandi ko azayobora igikorwa cyo gutera Iran mugihe hatanzwe itegeko ryo kugaba igitero.
Yashimangiye ariko ko icyemezo cya nyuma cyo gutangiza urugamba ari icye kandi ko yakwishimira kumvikana na Irani, ariko ko niba nta masezerano azagerwaho, "uwo munsi uzaba mubi cyane kuri icyo gihugu."
Chadadi Habimana



















