Umuhungu muto w’uwahoze ari Perezida wa Zimbabwe, Robert Mugabe, yarezwe ku mugaragaro icyaha cyo kugerageza kwica umuntu, nyuma yo kwitaba urukiko muri Afurika y’Epfo mu iburanisha ryabaye mu gihe gito.
Bellarmine Mugabe, ufite imyaka 28, yatawe muri yombi mu cyumweru gishize nyuma y’uko umusore w’imyaka 23 arashwe akagirwa inkomere .
Ibi byabereye aho Bellarmine Mugabe atuye, mu gace gahenze ka Johannesburg ku wa Kane w’icyumweru gishize.
Nyuma yaho, Bellarmine Mugabe yatawe muri yombi, ashyikirizwa ubutabera, ari kumwe n’umurinzi we.
Nta n’umwe muri bo wagize icyo atangaza ku byaha bashinjwa.
Agaragara mu rukiko yari yambaye imyenda y’umukara, ubona asa n’utuje mu gihe cy’iburanisha.
Bellarmine ni umuhungu muto wa Robert Mugabe n’umugore we wa kabiri, Grace Mugabe.
Robert Mugabe yapfuye mu 2019, akaba yari yarayoboye Zimbabwe mu gihe cy’imyaka 37, mbere yo gukurwa ku butegetsi mu 2017 afite imyaka 93.
Ubwo basakaga mu rugo rwa Bellarmine Mugabe, babonye ibitoryi by’amasasu ariko imbunda yakoreshejwe kugeza n’ubu ntiraboneka.
Mugabe na Tobias Tamirepi Matonhodze, w’imyaka 33, mu byo baregwa hiyongereyeho guhonyora ubutabera bijyanye n’iyo mbunda itaraboneka, nk’uko abaregwa babitangarijwe n’abashinjacyaha.
Uwarashwe aracyarimo kuvurwa mu bitaro kandi arimo kwitabwaho mu buryo bwihariye.
Umwunganizi wa Mugabe, Sinenhlanhla Mnguni, yabwiye abanyamakuru ko umukiriya we ameze “neza” n’ubwo akiri mu maboko y’inzego z’umutekano.
Chadadi Habimana

















