Minisitiri w’Ingabo w’u Burusiya, Andrey Belousov, yatangaje ko mu kwezi kwa Mutarama konyine, ingabo z’u Burusiya zakiriye intwaro zirenga 10,000 n’amasasu agera kuri miliyoni ebyiri, byinjiye mu mirimo ya gisirikare.
Ibi yabivugiye mu nama yayoboye igamije gusuzuma uko gahunda yo gutanga ibikoresho bya gisirikare igenda ishyirwa mu bikorwa. Belousov yavuze ko izi ntwaro n’amasasu byatangiye gukoreshwa n’ingabo z’u Burusiya, bikaba bigaragaza ko umusaruro w’inganda z’intwaro ukomeje kwiyongera.
Nyuma y’iyo nama, Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yatangaje ko mu mwaka wa 2026 hateganyijwe gutanga ibikoresho bya gisirikare birenga 310,000, hamwe n’amasasu agera kuri miliyoni 21. Ibi bikubiyemo imodoka za gisirikare, intwaro ziremereye n’izoroheje, n’ibindi bikoresho byifashishwa ku rugamba.
Minisiteri yakomeje ivuga ko izi gahunda zigamije kongera ubushobozi bw’ingabo z’igihugu no kuzituma zikomeza kuba ku rwego rwo hejuru mu bijyanye n’ibikoresho n’intwaro.
Abasesenguzi bavuga ko iyi mibare igaragaza ko u Burusiya bukomeje gushyira imbaraga nyinshi mu gisirikare cyabwo, cyane cyane mu gihe umutekano w’akarere n’isi muri rusange ukomeje kuba ikibazo gikomeye.





















