Itsinda ry’akanama ka Loni gashinzwe kugenzura ikorwa ry’ibyaha kemeje ko ibikorwa bya Israel mu gace ka Gaza ari Jenoside, ibigezweho nyuma y’iperereza rimaze imyaka ibiri bigendanye n’intambara imaze imyaka ibiri ibera muri ako gace.
Navi Pillay ukuriye iri tsinda rya UN yabwiye Al Jazeera ko mu bugenzuzi butandukanye bakoze basanze Perezida Isaac Herzog,Minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu n’uwahoze ari Minisitiri w’ingabo Yeov Gallant ibyo bagiye batangaza bigize ibyaha bya Jenoside.
Ibi birashingirwaho mu kwemeza ko ibikorwa ari Jenoside kuko byavuzwe n’abakozi ba Leta ya Israel, ndetse bakanasuzuma ko ibyatangajwe nabo bigaragaza umugambi wa Jenoside harimo gusenya ndetse no kurimbura Abanyapalestine mu gace ka Gaza.
Ambasaderi wa Israel mu muryango w’abibumbye i Geneve yamaganye iyo raporo avuga ko ari ibinyoma n’ibihimbano bigamije guharabika Israel.





















