Abaturarwanda barashishikarizwa kujya barya inyama z’inkoko zapimwe mu rwego rwo kwirinda indwara zishobora gukomoka ku matungo.
Ibi byagarutsweho na Dr Gaspard Simbarikure, Umukozi wa RICA ushinzwe Kugenzura Isuku n’Ubuziranenge n’Akato k’Ibikomoka ku Matungo.
Ati”Hari igihe umuntu ajya mu kabari, muri Bar runaka akavuga ngo nshaka kurya inkoko mubaze aka kanya aho ziba zitujuje ubuziranenge,ariko icyo twabwira abanyarwanda bakwiye kujya bashishoza bakamenya aho zabagiwe kugira ngo bizere ko bariye inyama zujuje ubuziranege.”
Uyu muyobozi yakomeje avuga ko 70% by’indwara z’amatungo zishobora gufata abantu mu gihe bariye inyama zitapimwe.
Ati”Abarya izo nyama kenshi zitapimwe bafite ibyo byago by’uko bakwandura za ndwara amatungo arwara ariko iyo abantu bariye inyama zagenzuwe bibarinda kwandura indwara zirimo igituntu, na tenia.”
Jean Marie Vianney Ndabarinze ufite ibagiro ry’inkoko mu karere ka Burera avuga ko yabagaga inkoko mu buryo butari bwiza ndetse bikaba bitujuje ubuziranenge Kuri ubu, yubatse ibagiro ry’inkoko rigezweho rifite ubushobozi bwo kubaga izigera kuri 700 ku munsi zituruka ku borozi barenga 700 bo mu Turere twa Burera na Musanze.
Ati”Kera twabagiraga mu ntoki hirya no hino, tukagemura inkoko mu buryo butari bwiza ariko ubu rwose dufite ibagiro ryiza tubaga inkoko 700 ku munsi ,inkoko ibanza gusuzumwa umuntu akayirya yujuje ubuziranenge.”
Jane Nyamvumba umukozi w’Ikigo Cy’Igihugu gitsura ubuziranenge (RSB) arasaba abaturarwanda kujya barya inyama zujuje ubuziranenge.”
Ati”Hari ababagira ahantu hafite umwanda, hari abibagira ku giti cyabo ndetse n’abashaka kwishyiriraho amaraboratwari (laboratory) atujuje ubuziranenge ibyo byose birahari, Kandi hari ibigo bishinzwe gutanga ibyangombwa turasaba ko batugana bakajya bahabwa ibyangombwa kuko amabwiriza arahari ,ibisabwa birahari igihe cyose bagana ikigo gitsura ubuziranenge (RSB)twabakira.”
Mu bukangurambaga bwiswe Vibe (Value Added Initiative to Boost Employment )burimo gukorwa n’ikigo cy’Igihugu gitsura ubuziranenge bafatanyije n’abandi bafatanyabikorwa baributsa abaturarwanda kujya bagira amakenga ku nyama barya birinda kurya inyama zitujuje ubuziranenge.
AMAFOTO
Jean Claude Ndayambaje




















