Friday . 20 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Minisitiri w’Intebe mushya yahagaritse gahunda yabimukira b’Ubwongereza n’u Rwanda

Saturday 6 July 2024
    Yasomwe na

Akimara gusinyirwa kwinjira mu ntebe ya Minisitiri w’Intebe mushya w’Ubwongereza, Sir Keir Starmer
yatangaje ko ahagaritse gahunda yo kohereza abinjira mu gihugu cye mu buryo butemewe n’amategeko bari kujya boherezwa mu Rwanda.

Sir Keir Starmer, atangaje iki cyemezo nyuma y’umunsi umwe Umwami Charles III w’u Bwongereza amushyikirije inshingano yo kuba Minisitiri w’Intebe.

Uyu munyapolitiki wabonye wabonye izuba tariki 2 Nzeri 1962 yamye arwanya iyi gahunda ya Rishi Sunak asimbuye, avuga ko bidakwiye ko abashaka ubuhingiro mu Bwongereza bacuraganwa ahubwo hashyirwaho uburyo bwo gukumira ko hagira uwinjira ku butaka bw’iki gihugu gikize ku mugabane w’Uburayi.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa 6 Nyakanga, Starmer yasobanuye ko iyi gahunda yapfuye kare kuko itiyigeze ifasha guverinoma ya Sunak gukumira abimukira bakoresha ubwato buto.

Yagize ati: "Iyi gahunda yarapfuye, yaranashyinguwe mbere y’uko itangira. Ntabwo yigeze ikumira. Ntabwo niteguye gukomeza gahunda idakumira."

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yatangaje ko abinjiza abimukira mu gihugu cyabo mu buryo butemewe bakomeje ibikorwa byabo kuko babonaga ko amahirwe yo kubohereza mu Rwanda ari make cyane, munsi ya 1%

Iyi gahunda kandi yarwanyijwe cyane n’abanyapolitiki n’impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ku Isi ndetse ijyana mu nkiko guverinoma y’Ubwongereza iratsindwa n’ubwo yaje kwicarana n’u Rwanda bagahindura amasezerano mu buryo bwabo bumvikanyeho bizakorwamo.

U Rwanda rwamye ruvuga ko rwiteguye kwakira umwanzuro uzava mu byagiye bibangamira iyi gahunda ndetse Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame avuga ko binabanye ngombwa gusubiza ibyo u Rwanda twahawe ngo rwitegure byaganirwaho.

Minisitiri w’Intebe ucyuye igihe, Rishi Sunak agiye adasoje gahunda yari yemerewe n’inteko ndetse n’Umwami Charles III yayishyizeho umukono

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru