Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Mugisha Samuel yabonye ikipe nshya yo muri Afurika y’Epfo

Sunday 14 November 2021
    Yasomwe na

Ndayambaje Jean Claude

Mugisha Samuel, umukinnyi w’ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare (Team Rwanda) yasinyiye ikipe yitwa ProTouch yo muri Afurika y’Epfo, akaba abaye Umunyarwanda wa 4 werekeje muri iyi kipe.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Ugushyingo 2021, Mugisha Samuel Kapiteni w’ikipe y’igihugu Y’amagare yageze Protouch yo muri Afurika y’Epfo.

Uyu musore yigeze gukina muri Tour du Faso yabaye mu ntangiriro z’ukwezi k’Ukwakira aho yasoje isiganwa ryose ari ku mwanya wa 40 mu bakinnyi 68 bari bitabiriye iri rushanwa.

Kuri ubu uyu musore yari umukinnyi wa Team LMP -la roche sur yon ibarizwa mu Bufaransa kuva muri 2020 akaba azakinira pro Touch yo muri Afurika y’epfo umwaka utaha wa 2022.

Mu bandi bakinnyi bakinira iyi kipe ni Habimana Jean Eric na Mugisha Moise bavuye muri Skol Adrien Cycling Academy "SACA" na Jean Claude Nzafashwanayo wigeze gukinira Benediction Ignite yo mu karere ka Rubavu.

Pro Touch izakoresha abakinnyi 12 barimo abo muri Afurika y’Epfo batandatu n’abanyarwanda 4 , umunya-Eriteria umwe umugande umwe.

Mugisha Samuel avuka mu karere ka Nyabihu ,yegukanye tour du Rwanda ya 2018, akaba yaramenyekanye cyane ubwo yakiniraga Benediction Club y’i Rubavu muri 2016, akaba yarayivuyemo yerekeza muri Dimension Data yo muri Afurika y’Epfo kuva muri 2017 imyaka itatu ikaba ishyize ayikinira.

Ikindi wamenya kuri Mugisha Samuel nuko yitabiriye amarusha menshi akomeye ku migabane ikomeye y’Isi, nubwo muri 2020 yagombaga kujya mu butaliyani ariko bitewe na Covid-19 ntibyakunda, Mugisha Samuel azwiho guhiga abandi mu kuzamuka imisozi , ahantu haterera.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru