Thursday . 19 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Musanze:Bakusanyije asaga Miliyoni 64 yo guhangana n’ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’Abaturage

Sunday 25 January 2026
    Yasomwe na

Mu nama nyungurana bitekerezo y’Akarere ka Musanze n’Abafatanyabikorwa hakusanyijwe amafaranga asaga Miliyoni 64 yo guhangana n’ibibazo bicyigarije imibereho myiza y’Abaturage (Human Security issues)

Mu bitabiriye iyi nama itangira umwaka wa 2026 abatuye n’abikorera (PSF) bo mu mujyi wa Musanze biyemeje ko bagomba kugira uruhare mu iterambere ry’abaturage ndetse bafatanya na Leta mu kwita ku bikorwa remezo birimo n’imihanda.


Inama nyungurana bitekerezo y’Akarere ka Musanze

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nsengimana Claudien yashimye uruhare rw’abafatanyabikorwa ba Musanze ndetse abasaba gukomeza kuba hafi akarere bakemura bimwe mu bibazo bikibangamiye imibereho myiza y’Abaturage.

Yagize ati: “Reka mbanze mbashimire ko mwitabiriye iyi nama, murazi ko hari byinshi dufite byo gukora kugira ngo umuturage wacu wa Musanze agire imibereho myiza, Iyi nama ni iyo kwisuzuma tureba ibyo twagezeho, twishimira umutekano mwiza dufite ndetse tunashimira abikorera PSF mu bikorwa byayo bigaragara birimo inyubako zikomeje kubakwa mu mujyi wacu wa Musanze no mu masanteri atandukanye, twishimira kandi imihanda yubatswe hirya no hino muri uyu mujyi ariko tunazirikana ko hakiri ibyo tugomba gushyiramo imbaraga birimo kubakira abatishoboye aho kuba no kubashakira ubwiherero bugendanye n’igihe.”


Meya Nsengimana Claudien ageza ijambo ku bitabiriye inama.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Mugabowagahunde Maurice nawe yongeye gushimangira ko abafatanyabikorwa ba Musanze babishatse ntacyabananira gukora, ndetse yanashimye uburyo umujyi wa Musanze ukomeje gutera imbere umunsi ku wundi.

Ati “Reka mfate uyu mwanya mbanze mbashimire byumwihariko abafatanyabikorwa mwese mwitabiriye iyi nama nyunguranabitekerezo ku iterambere ry’akarere ka Musanze ariko natwe nk’intara tuzakora ibishoboka byose kugira ngo akarere ka gatere imbere, ndetse mbonereho no gusaba mwe mwitabiriye iyi nama kugira uruhare mu kugira inama abaturage bahabwa inkunga yo kwivana mu bukene kuyikoresha neza birinda gusesagura. Na none ngasoza nongera kubashimira igikorwa cy’ubwitange mwagaragaje uko mwifite kugira ngo tujyanemo mu kuzamura akarere ka Musanze nizera ntashidikanya ko ibyo mwiyemeje bizagerwaho.”


Guverineri Mugabowagahunde Mourice yasabye abafatanyabikorwa ba Musanze gukomeza gushyigikira iterambere ry’umujyi.

Iyi nama yari yatumiwemo, abikorera , abahagariye imiryango itegamiye kuri Leta , abanyamadini , abayobozi b’ibigo by’amashuri n’abandi bantu batandukanye bigeze gukorera mu karere ka Musanze .

Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru