Friday . 20 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Musanze: Batewe impungenge n’urugomo rw’insoresore ziyise "Abanyecadi"

Tuesday 21 February 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Musanze, Akagari ka Garuka, bavuga ko batewe impungenge n’insoresore ziyise "Abanyecadi" bakomeje kwishora mu kirombe cya Kanganwa bacukuramo umucanga n’itaka rwihishwa bahohotera abaturage.

Ubwo umunyamakuru wa mamaurwagasabo yageraga ahari iki kirombe mu mudugudu wa Kanganwa yatunguwe no kubona zimwe mu izo nsoresore ziri mu kirombe kizwi nka Kanganwa, zimukubise amaso zakwiye imishwaro ziramuhindukirana nawe akizwa n’amaguru kuko baje bamusatira bashaka kumuhohotera.

Bamwe mu baturage bemeye kuganira n’umunyamakuru bavuze ko abo basore birirwa mu kirombe biba umucanga kuko akarere ka Musanze kamaze imyaka igera kuri ibiri gashyizeho amabwiriza ko nta muntu wemerewe gucukura muri iki kirombe bitewe nuko cyagwiraga abantu ubutitsa ndetse ari ukwangiriza n’ibidukikije.

Uwemeye kuduha amakuru, ku bw’umutekano we tumuhaye izina rya Nyiraneza Epiphanie, yagize ati: "Ntabwo wakwibeshya ngo unyure hano saa 18h00’, aba basore bacukura umusenyi hano baraduhohotera bakakwambura, nawe ntibagutinya ibyo bikoresho babikwaka, mbese hakenewe kuhashyira uburinzi bwihariye."

Undi twahaye izina rya Habimana nawe yagize ati: "Nta munsi hano tudasanga barimo gupakira imodoka, mbere ikirombe cyajyaga kigwira abantu bagapfa, ubu bajyamo bameze nk’abari kwiyahura, ikindi kandi badukorera urugomo rukabije; iyo bicaye hano bamaze gusinda banyoye inzoga n’ibitabi bakora urugomo, icyo twasaba ni uko ubuyobozi bwahashyira umwihariko bakarindisha izindi mbaraga kuko bitari ibyo bazakomeza bacukure gutya."

Twifuje kumenya icyo ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buvuga kuri iki kibazo maze umuyobozi w’Akarere, Ramuli Janvier aburira izi nsoresore ko uzafatwa azahanwa n’amategeko.

Yagize ati: "Kiriya kirombe cya Kanganwa cyarahagaritswe kandi bihanirwa n’amategeko, abo tuzafatiramo ntabwo tuzaborohera kuko barimo no gushyira ubuzima bwabo mu kaga kandi turakomeza tuvugane n’ubuyobozi ku buryo twazahashyiraho irondo ry’umwuga."

Haribazwa impamvu iki kirombe byitwa ko cyafunzwe n’ubuyobozi bw’Akarere ariko ukaba usanga buri gihe barimo gucukura ndetse n’imodoka zigapakira kandi ubuyobozi bw’umurenge bubizi ariko ntacyo bukora.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru