Saturday . 21 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Musanze: Hari abangavu batwaye inda zitateguwe kubera kudasobanukirwa ubuzima bw’imyororokere

Tuesday 15 February 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Bamwe mu bangavu bo mu karere ka Musanze bavuga hari igihe bisanga bakoze imibonano mpuzabitsina bagatwara inda bitewe no kudasobanukirwa ibijyante n’ubuzima bw’imyororokere, bagasaba ko bahabwa inyigisho kenshi gashoboka kugira ngo babashe kubisobanukirwa no kwirinda amakuru atari yo abagusha mu bushukanyi.

Ni mu gihe Leta y’u Rwanda ikomeje guhangana n’ikibazo cy’abangavu batwara inda imburagihe, ndetse u Rwanda rukaba rwarashyize ingufu mu guhana uwo ari we wese usambanya umwana utarageza imyaka y’ubukure, nubwo hirya no hino mu duce tw’icyaro hakiri abangavu n’ingimbi batarabasha gusobanukirwa n’ubuzima bw’imyororokere nkuko bamwe babivuga.

Umwe mu bo byagizeho ingaruka twamuhaye izina rya Nuyigena ku ubw’umutekano we, atuye mu karere ka Musanze avuga ko yabyaye ari muto afite imyaka 16 y’amavuko .

Nuyigena yagize ati "Inaha ntiturasobanukurwa ubuzima bw’imyororokere, nkanjye nabyaye mfite imyaka 16 y’amavuko nashutswe n’umusore turaryamana, hashyize iminsi nshiduka narasamye."

Akomeza asaba Leta ko yajya ibaha ubukangurambaga kenshi kugira ngo babashe gusobanukirwa .

Akomeza agira ati "Ubuyobozi badufashije bakajya baza kutwigisha byadufasha kuko benshi tutabona umwanya wo gusobanukirwa n’imihindagurikire y’imibiri yacu."

Ababyeyi twababajije niba bajya basobanurira abana babo ubuzima bw’imyororokere bavuga ko bitaborohera kuko na bo usanga bibereye muri gahunda zabo zijyanye n’ubuhinzi.

Kandutiye yagize ati "Ubu se nzaba nagiye mu murima mbone igihe cyo kwicarana n’abana. Mbere hari igihe numvaga ngo bagiye mu murenge kwiga, ariko ntabwo bakijyayo, keretse abayobozi bagiye baza kubigisha."

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza ya baturage, Kamanzi Axelle arasaba uruhare rw’ababyeyi, abaturage mu kuganiriza abana babo kugira ngo habeho ubufatanye mu kwigisha abangavu ubuzima bw’imyororokere.

Yagize ati "Ababyeyi nabo nibaze dufatanye, twigishe abana ubuzima bw’imyororokere aho kwigira ntibindeba, gusa natwe nk’akarere dukomeza kugenda duhugura umunsi ku munsi bibabye byiza rero, buri wese ubu bukangurambaga yabugira ubwe."

Imibare iheruka gushyirwa ahagaragara muri 2020 igaragaza ko abangavu bagera kuri 424 batewe inda batarageza imyaka 18 mu ntara y’Amajyaruguru, mu gihe kuva mu mwaka 2017 habaruwe abana 300 basambanijwe n’abagabo 126 muri bo abakurikiranwe bakagezwa imbere y’ubutabera ni 26 gusa.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru