Friday . 20 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Musanze: Mu isoko rya Nyirambundi batewe impungenge n’umwanda wo mu bwiherero

Tuesday 20 June 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Umugiraneza Alice

Abakorera n’abatuye hafi y’isoko rya Nyirambundi rihereye mu kagali ka cyogo mu murenge wa Muko ni mu karere ka Musanze bavuga ko batewe impungenge n’umwanda uterwa no kutagira ubwiherero nyuma yaho ubwo bari bafite bwasenwe n’ibiza.

Bamwe mu baturage bakorera n’abatuye hafi y’iri soko babwiye Mamaurwagasabo ko mu gihe hatagize igikorwa ngo haboneke ubwiherero bwiza bashobora kwisanga mu kaga kuko urigukenera ubwiherero ntabubone ari kujya ku nsina akabikemurira aho. Ibi ngo bishobora kugira ingaruka ku buzima bw’abatuye n’abakorera mu isanteri ya Nyirambundi.

Niyitegeka Moise ni umuturage urema isoko yagize ati: "Mubyukuri urabona iri soko riremwa n’abantu benshi batandukanye, kubera ko ntabwiherero buhari umuntu iyo akeneye kwikiranura n’umubiri nukujya kwikinga ku nsina cyangwa ku gikuta cy’inzu."

Ntabanganyimana Marceline utuye hafi y’isoko rya Nyirambundi nawe yagize ati: "Ni ukuri kuba isoko ntabwiherero rifite nk’abatuye hafi y’isoko birimo kutugiraho ingaruka kuko iyo isoko ryaremye mu nsina zacu ugirango niho ubwiherero bwimukiye, tukaba dufite impungenge ko bishobora kutuzanira indwara ziterwa n’umwanda kuko amasazi nukwirirwa atuma."

Ubuyobozi bw’umurenge wa Muko bwo buvuga ko ikibazo cy’ubwiherero mu isanteri ya Nyirambundi, bukizi kuva ibiza byibasiye uwo murenge ariko kirimo gushakirwa umuti urambye.

Bisengimana Janvier, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Muko yagize ati: "Umurenge wa Muko ni umwe mu mirenge igize akarere ka Musanze yashegeshwe n’ibiza mu kwezi kwa Gatanu, twahereye ku bw’abaturage bahuye n’ibiza tukabona gukurikizaho ubwarusange."

Isoko rya Nyirambundi uretse kuba ntabwiherero rifite rikeneye no kuvugururwa, ni isoko rihuza abantu benshi ku minsi riremaho kuko habamo ibicuruzwa byose.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru