Saturday . 21 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Musanze: Ubuhahirane burasa n’ubwahagaze ku bava mu murenge wa Musanze n’uwa Cyuve kubera ikiraro cyacitse

Wednesday 6 July 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Alice Umugiraneza

Abaturage bo mu mirenge wa Musanze na Cyuve mu karere ka Musanze, by’umwihariko abanyeshuri baratangaza ko babangamiwe n’senyuka ry’ikiraro cyatumaga bava mu murenge umwe bajya mu wundi, gihuza akagari ka Cyabagarura ku ruhande rw’Umurenge wa Musanze n’akagari ka Rwebeya mu murenge wa Cyuve.

Ni ikiraro cy’ibiti cyangiritse mu kwezi kwa Kane uyu mwaka 2022, giherereye mu mudugudu wa Kageyo mu kagari ka Cyabagarura n’umudugudu wa Mubuga ku ruhande rw’akagari ka Rwebeya, ibiti byacyo byaguyemo hasi nyuma yuko ubutaka butengutse habura gisana.

Ni ikiraro kimaze amezi ageze muri atatu cyarangiritse, cyakoreshwaga gihuza abatuye n’abagenda imirenge yombi.

Iyangirika ry’iki kiraro rigira ingaruka ikomeye cyane ku banyeshuri kuko bo nta yandi mahitamo bafite, bagomba kujya ku ishuri buri gitondo.

Mu gihe iki kiraro cyacitse, abahanyura babwiye Mamaurwagasabo ko bajya kuzenguruka hirya yacyo kandi nabwo nta yindi nzira ihari ahubwo ari ukugerageza gusimbuka ahantu hashobora guhitana ubuzima bw’umuntu mu mwanya muto kuko ari harehare, bigora abana gusimbuka bagaca mo hasi nabwo bahagorwa no kurira umukingo w’umugezi.

Ubwo mamaurwagasabo.rw yageraga kuri icyo kiraro abaturage biganjemo abanyeshuri bagaragaje zimwe mu mbogamizi bariguterwa nicika ry’i kiraro; abana gukererwa ku ishuri bitewe no gukora urugendo rusa nurwikubye kabiri, abaturage bagakererwa ku mirimo yabo ya buri munsi, kugabanya ubuhahirane hagati yimpande zombi.

Murwanashyaka Michel yagize ati: "Njyewe kuva ikiraro cyacika mporana impungenge zuko hari umuntu uzagwa muri iki kiraro kubera kwiyeranja, cyane cyane abanyeshuri baba bihuta basiganwa n’amasaha ubona harimo ikibazo."

Tuyisabe Claudette nawe yagize ati: "Njyewe mbona ari ikibazo kuko iyo tugiye cyangwa tuva ku ishuri ntayandi mahitamo tuba dufite cyane ko tuba disiganywa n’igihe tugahitamo gusimbuka kuko umwarimu ntiwamubwira ko wakererewe ku mpamvu z’ikiraro, ibyo ntibimureba."

Ubuyobozi bw’akarere bwo bwemeza ko iki kibazo bukizi ariko bari gukora ibishoboka byose ngo haboneke igisubizo kirambye.

Umuyobozi wa karere ka Musanze Ramuli Jeanvier, yagize ati: "Mu gihe cyihuse rwose tugiye kubikurikirana kandi ntabwo twifuza ko abo bana b’abanyeshuri bakomeza gusimbuka, basimbuka imvura yaguye, niyo amazi atamutwara yanavunika."

Uretse urujya n’uruza rw’abaturage bakoresha iki kiraro gihuza imirenge ya Musanze na Cyuve hari n’ibigo by’amashuri, ayisumbuye n’ayinshuke ndetse n’ibigo by’imyuga n’insengero na za postes de sante muri iyo mirenge kandi byose ababigana babigeraho bifashishije iki kiraro.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru