Saturday . 21 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Nyuma y’imyaka 13 hamenyekane igihe isoko rya Rubavu rizuzurira

Monday 5 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Isoko rya Gisenyi ryatangiye kubakwa mu 2009 ariko risa n’iryananiranye kuzura kubera ibibazo bitandukanye birimo no kuba ryarashyizwe mu manza igihe kirekire ariko riza gusubira mu maboko y’akarere.

Mu ntangiriro z’umwaka wa 2021 nibwo Akarere ka Rubavu kagiranye amasezerano n’abikorera bo muri aka karere binyuze muri sosiyete yitwa RICO (Rubavu Investment Company) yo gukomeza kubaka iri soko.

Mu kiganiro n’itangazamakuru umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yavuze ko mu mpera z’uyu mwaka wa 2022, mu kwezi k’Ukuboza, rizaba ryuzuye.

Yagize ati "Nibyo koko isoko rya kijyambere rya Rubavu rimaze igihe kirekire ryubakwa, kubera ibibazo bitandukanye, ariko ndizeza abaturage bacu ko mu kwezi kwa 12, rizaba ryuzuye tukaritaha. Ndetse nshishikariza abantu kuzaza guhita bafatamo ibibanza bagakoreramo."

Iyo urebye iri soko ubona ko imirimo yo kuryubaka igeze kure, ku buryo bitanga ikizero ko mu mpera z’uyu mwaka rizaba ryuzuye, cyane iby’ibanze byinshi byamaze gukorwa.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru