Saturday . 21 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

OMS yemeje imiti ibiri yakifashisha mu kuvura abarembejwe na COVID-19

Friday 14 January 2022
    Yasomwe na

Ishami ry’Umuryangi w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ryemeje imiti ibiri, ari yo Baricitinib ifatanywa na Corticosteroids, ko yakifashishwa mu kuvura abarembejwe na COVID-19.

Iyi Baricitinib yari isanzwe ikoreshwa mu kuvura za rubagumpande zikunze gufata abageze mu za bukuru, mu gihe izi Corticosteroids ari imisemburo ikorwa mu nganda ubundi ikorwa n’imvubura ebyiri ziba hejuru y’impyiko, izwiho kugabanya ububyimbe n’uburibwe.

Uwo muti uvanze ugabanya ubukana bwo guhumeka nabi kandi nta kimenyetso barabona kigaragaza ingaruka mbi zawo ku barwaye covid-19 bawukoresheje.

Itsinda mpuzamahanga ry’Impuguke za OMS zabitangaje kuri uyu wa Gatanu binyuze mu kinyamakuru kivuga ku Buzima cy’Abongereza British Medical Journal.

Hari undi muti witwa Sotrovimab nawo OMS ivuga ko wakifashishwa ku bafite COVID-19 idakanganye cyane ariko bafite ibyago byinshi byo kuba isaha ku isaha bajya mu bitaro.

Ibi bitangajwe mu gihe isi iri guhangana n’ubwiyongere bukabije bwa virusi ya Corona yihinduranyije izwi nka Omicron, izwiho kwandura ku muvuduko uhambaye ariko bamwe bakavuga ko itarembya cyangwa ngo yice nk’iyayibanjirije ya Delta.

Yanditswe na Mutungirehe Samuel

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru