Perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika Donald Trump yashimangiye ko Leta ayoboye izafata ingingo zikomeye kuri Iran niramuka imanitse abigaragambya, nyuma y’uko ejo yari yabwiye abanya-Iran ko ubutabazi buri bugufi.
Ibi byaje nyuma yaho abavandimwe b’umusore w’imyaka 26, Erfan Soltani, watawe muri yombi mu cyumweru gishize babwiye BBC ishami ry’igipersi ko aza kwicwa uyu munsi. Abarenga 2400 bari mu myigaragambyo yamagana Leta nibo bamaze kugwa muri iyo myigaragambyo bishwe n’inzego za Leta mu bikorwa byo gutatanya abigaragambya.
Perezida Trump akomeje gukangisha ibikorwa bya gisirikari nka kimwe mu gisubizo, ariko mu minsi ishize akaba yari aherutse gushyiraho imisoro ya 25% ku bihugu byose bikorana ubucuruzi na Iran.
Leta ya Iran yo ikomeje gushinja Amerika guhimba amayeri yose agamije gushora icyo gihugu mu ntambara Igashimangira ko na mbere iyo migirire ntacyo yigeze igeraho na mbere.
Mu gihe bamwe mu bari muri Iran babasha guhamagara hanze y’igihugu, ikurwaho rya Internet rikomeje kuba intambamizi yo kumenya amakuru ya nyayo ava muri icyo gihugu.





















