Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Pasitoro arimo kwishyuza abantu amadolari 700$ ngo abereke amarembo ajya mu Ijuru

Friday 6 May 2022
    Yasomwe na

Umuvugabutumwa muri Nigeria ari mu mazi abira nyuma yo kubwira abantu ko azi irembo ryabageza mu ijuru riri mu Majyepfo ashyira Iburengerazuba bw’icyo gihugu, ariko agashyiraho ko babanza gutanga amafaranga.

Pasitori Ade Abraham yarezwe muri polisi n’umwe mu nshuti ze za hafi, avuga ko uyo mu pasitoro yamuciye amafaranga 310.000 by’amanaira (amafaranga yo muri Nigeria), angana n’amadorari y’abanyamerika 750, kugira ngo bashobore kubona iryo rembo avuga ko riri mu mugi wa Araromi-Ugbeshi, mu ntara ya Ekiti.

Uyu muvugabutumwa yemereye BBC ko koko yabwiye abantu iby’iryo rembo, akavuga ko ari "Imana akorera" yarimweretse mu ntego yo kureba aho abanyetorero be bageze mu kwemera kwabo, ariko akavuga ko nta muntu n’umwe uramuha amafaranga.

Ishyirahamwe ry’Abakristu muri Nigeria ryasohoye itangazo ryikuraho uwo mupasitoro Ade Abraham, igipolisi cyo mu ntara ya Ekiti nacyo kikaba cyegeranyije inzandiko z’inshuti ze mu rusenegro rwe kikaba cyatanguye iperereza.

Urusengero rwa Pasitori Ade Abraham rwahoze rufite ikicaro mu ntara ya Kogi, nyuma ryimukira mu ntara ya Kaduna, mbere yuko ryimukira mu Majyepfo n’abayoboke barwo, mu nkambi yubatse mu ntara ya Ekiti.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru