Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Perezida Kagame yasubuje Umujyi wa Kigali nawo uhita wikosora

Friday 23 August 2024
    Yasomwe na

Perezida Kagame yavuze ku gisobanuro cuatanzwe n’Umujyi wa Kigali, ku kibazo cya moteri icana amatara muri Kigali Pelé Stadium idatanga urumuri ruhagije bikaba byaratumye ubuyobozi bw’umugo busaba ko nta mikino ya Shampiyona yazongera kuhabera nijoro mu gihe icyo kibazo kitarakemuka.

Abinyujije ku rubuga rwa X ku mugoroba wo kuri uyu wa 22 Kanama 2024, Perezida Kagame yasubije Umujyi wa Kigali wari wanditse uvuga ko icyo kibazo kiri gushakirwa umuti urambye, harimo no kuba haratumijwe moteri shya, avuga ko kitagombaga no kuba cyarabaye.

Ati “Ibi ni ibintu bitagakwiye kuba byarabayeho na mbere hose”.

Bijya gutangira baturutse ku ibaruwa Umujyi wa Kigali wandikiye impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru, FERWAFA, iwumenyesha ko nta bushobozi buhari bwo gucanira Ikibuga cya Stade ya Pele, bityo isaba ko imikino yashyirwa ku manywa.

Nyuma abantu batandukanye babonye icyo gisubizo batangira kwibaza niba Umujyi wa Kigali watunguwe n’umukino uteganyijwe cyangwa ari uburangare nk’ubujya bugaragara ku zindi nzego zimwe na zimwe.

Umujyi wa Kigali wongeye gusubiza abibaza, ko ikibazo barimo kugishakira igisubizo, ko hari moteri yatumijwe hanze ariko izagera mu Rwanda mu mezi atatu ari imbere. Umujyi wa Kigali waboneyeho no gusaba amakipe yaba yifuza kuzakina nijoro acaniwe ko yakikodeshereza Indi moteri yakunganira isanzwe bityo amatara akabonwa kwaka ku kigero kiba gisabwa.

Hari andi makuru yatangajwe atarabonerwa gihamya ko Umujyi wa Kigali wavuze ko wiyemeje gukodesha moteri iri bufashe gucanira sitade umukino ukagenda neza.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru