Friday . 20 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Rubavu: Babuze umugezi utunganyije none bavoma amazi arimo inzoka

Friday 19 April 2024
    Yasomwe na


Bamwe mu baturage bo mu kagari ka Busoro, mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu, bafite impungenge ku mugezi udatunganyije bavomaho, bityo bakabona bishobora kubaviramo indwara cyane iziturutse ku isuku nke.

Abaganiriye n’umunyamakuru wa Mamaurwagasabo yasanze ahari igitembo kimena amazi hasi bavomaho, bavuze ko umugezi bari bubakiwe inyubako zawo zaje gusenyuka.

Uwitwa Musabyeyezu Daniel twasanze kuri uyu mugezi yaje kuvoma, yagize ati: "Twabuze inkunga, uwari wubatse umugezi isuri yaramanutse ruguru irawukubita, twabuze abantu badutera indi inkunga".

Undi muturage nawe twasanze ari kumesera kuri uyu mugezi, witwa Nyanzoga Tereza, nawe agaragaza impunge z’aya mazi bakoresha avuye kuri uyu mugezi wangiritse, we anatubwira ko amazi yawo abamo inzoka.

Agira ati: "Ni ikibazo, urabona ko hanafite n’umwanda mwinshi, kuko utubakitse neza, ntabwo ari amazi mazima, haba harimo n’utuyoka kubera ko utubakiye neza".

Nyanzoga ahamya ko avuga ko abamo inzoka ariko babura uko bagira bakayanywa, ibi bikaba birushaho gutera impungenge aba baturage bakoresha uyu mugezi, agasaba nawe ko babona umugezi, utunganyijwe neza.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Busoro uyu mugezi ubarizwamo, nubwo atatwemereye mu buryo butomoye igihe uyu mugezi uzasanirwa, ariko yavuze ko atari kera.

Ati: "Impamvu ubona iriya migezi yahariya idakora, bigendanye no kuba umuhanda waracitse, amatiyo yari yarambutse ajyanye amazi hariya kuri iriya migezi hariya mu isanteri yanyuze muri uriya muhanda wacitse, ubwo rero ako ka robine bakoresha nitwadusoko tw’umwimerere".

Gitifu Kaberuka, yemereye Mamaurwagasabo ko hari gahunda yo kuvugurura vuba aya amatiyo, kugirango uyu mugezi utunganywe.

Ati: "Ntabwo bizakomeza uko nguko, mu gihe hari gahunda yo kuvugurura uyu muhanda wacu, no gukora kiriya kiraro ariya matiyo hari gahunda yo kuyasana, ntabwo ari ibya kera, bisaba kubitegura".

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru